AGEZWEHO

  • Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti – Soma inkuru...
  • Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifite – Soma inkuru...

Kwibohora27: Uburyo aborozi b’Inka muri Nyagatare bavuye mu za gakondo bakiteza imbere

Yanditswe Jul, 04 2021 09:17 AM | 10,674 Views



Bamwe mu bamaze igihe mu bworozi bw’inka  mu karere ka Nyagatare, bavuga ko mu myaka 27 ishize u Rwanda rubohowe  kuvugurura inka zigakurwa kuza gakondo bakorora iza kijyambere zitanga amata menshi, byahinduye imibereho yabo.

Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu bamwe mu banyarwanda bari impunzi mu bihugu by’ibituranyi bahungukanye inka nyinshi, ku buryo igice cyahoze cyitwa Umutara  ariho bororaga cyane kuko hatari hatuwe cyane.

Gusa mu buhamya bwa Dr. Zimulinda Justin inararibonye akaba n’umuvuzi w’amatungo wakoreye muri aka gace igihe kirekire kugeza ubu, avuga ko inka aborozi batahukanye icyo gihe zari iza gakondo zatangaga umukamo mucye 

Akomeza asobanura ko mu 2003 biciye mu bukangurambaga bwa Leta, aribwo aborozi batangiye guhindura imyumvire  borora inka zitanga umukamo nubwo ngo bitari byoroshye.

Mu borozi bahinduye imyumvire bakorora kijyambere harimo Hodari Hillary,ubu utunze inka imwe ikamwa litiro 30  ku munsi, mu gihe kandi izindi nka nke yorororeye ku butaka buto zikamwa litiro 320 kumunsi.

Imibare itangwa n’ishami rishinzwe ubworozi mu karere ka Nyagatare, igaragaza ko aka karere kabarizwamo inka za gakondo  39 904, mu gihe inka z’ibyimanyi cyangwa amakorosi ari 69 656, iz’Inzungu zitavangiye zo ni 23 492.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian agaragaza ko ubu aborozi barimo gufashwa muri gahunda  zo kubegereza amasoko y’amata, no guha ubushobozi amakusanyirizo yayo

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel aherutse kubwira RBA ko bafite gahunda yo kubaka uruganda rw’amata y’Ifu mu karere ka Nyagatare, ruzajya rwakira litiro 500 000 z’amata ku munsi, mu rwego rwo gushakira aborozi isoko ry’amata.

Yahishuye ko guhaza uru ruganda bisaba imbaraga kuruhande rw’aborozi b’aka karere bagashaka inka zitanga umukamo utubutse cyane, kuko ubu amata aboneka mu karere ku munsi atarenga litiro ibihumbi ijana.

Ikindi kigomba kwitabwaho  ni ukongera amazi y’amatungo, kuko ahari aborozi bavuga ko atarabahaza kandi ari n’agace gakunda kuvamo izuba ryinshi.


Maurice Ndayambaje




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda batuye Maputo bakoze umuganda wo gutera ibiti

Rwanda Mountain Tea yijeje abahinzi gukomeza kubakemurira bimwe mu bibazo bagifi

USAID ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda batangije imishinga igamije gu

Inzego za leta n’iz’abikorera zirasabwa guhuza imbaraga mu kurwanya

Perezida Kagame arashishikariza urubyiruko rwa Afurika kubyaza umusaruro amahirw

Uturere umunani twabonye abayobozi bashya

Gisagara: Imiryango irenga ibihumbi 2 yavuye mu bukene

Uturere 8 tugiye kubona abagize nyobozi na njyanama