AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Kwibohora28: Intambwe yatewe mu buhinzi mu myaka 28

Yanditswe Jul, 05 2022 22:29 PM | 67,068 Views



Nyuma y’imyaka 28 igihugu kibohowe, abahinzi babigize umwuga ndetse n’impuguke  bishimira ko intambwe yo kwihaza ku biribwa yagezweho mu buryo bushimishije gusa igisigaye akaba ari ukongerera agaciro umusaruro no kubona isoko ryawo.

Ni mu gihe  mu 2020-2021, ubuhinzi n’ubworozi bwinjije  amadovize ahwanye  na miliyari 445 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 357 mu 2016-2017, ibi bigaragaza ubwiyongere bwa 25%.

Hirya no hino mu gihugu benshi bemeza ko ibiribwa birimo kuboneka bitewe n’imbaraga nyinshi leta yashize mu kongera umusaruro w’ibiribwa mu rwego rwo kwihaza.

Nyuma y’imyaka 28 igihugu kibohowe, ubuhinzi n’ubworozi bwabaye imwe mu nkingi  igize ubukungu bw’igihugu kuko kugeza ubu bugize 26% by’umusaruro mbumbe w’igihugu.

Hashyizwe imbaraga muri gahunda zo kuhira bikaba bigeze ku buso bwa hegitari zisaga ibihumbi 66.

Ubuso bumaze guhuzwa ni hegitari zisaga ibihumbi 762 mu gihugu hose.

Impuguke mu buhinzi akaba yaranabaye Umunyamabanga wa leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi igihugu kikimara kubohorwa Gerard Zirimwabagabo yemeza ko igihugu cyateye intambwe ikomeye akurikije ikigero ubuhinzi bwariho mu 1997.

Elie Byiringiro ni umwe mu bahinzi bakiri bato babugize umwuga. Ahinga imbuto n’imboga mu nzu zabugenewe zizwi nka Green House.

Avuga ko mu myaka 2 azaba ageze ku mushahara wa miliyoni n’igice avuye ku bihumbi 400 yihemba ku kwezi.

Gusa ikibazo bafite n’izamuka ry’inyongeramusaruro ku isoko mpuzamahanga bigira ingaruka ku kiguzi cy’umusaruro wabo.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Claude Musabyimana avuga ko uburyo bwifashishijwe mu guhaza isoko ry’ibiribwa mu gihe cya CHOGM ari bwo buryo buzakomeza gutezwa imbere.

Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yerekana ko 88% by’abahinzi banini bakoresha imbuto y’indobanure mu gihe 33% by’abahinzi bato ari bo bayikoresha.
Ingano y’ifumbire ikoreshwa kuri hegitari ikaba igeze ku biro 60.

KWIZERA Bosco



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama