AGEZWEHO

  • Rusizi: Abarokotse Jenoside bagaragaje ko nta Mututsi wari wemerewe guhinga umuceri mu Bugarama – Soma inkuru...
  • Gen Mubarakh Muganga yagiriye uruzinduko muri Jordanie (Amafoto) – Soma inkuru...

#Kwibuka25: LONI yananiwe guhagarika Jenoside

Yanditswe Apr, 06 2019 08:22 AM | 6,252 Views



Mu gusoza Inama Mpuzamahanga kuri Jenoside hagarutswe ku buryo Umuryango w'Abibumbye wananiwe kugira icyo ukora kugirango uhagarike Jenoside yakorewe Abatutsi; kuri uyu wa 5 Mata 2019.

Umujyanama w'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye mu bijyanye no gukumira Jenoside Adama Dieng avuga ko Umuryango w'Abibumbye wananiwe kugira icyo ukora kugirango uhagarike Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko nanone bikaba bitangaje aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.


Adama Dieng, Umujyanama w'Umunyamabanga Mukuru w'Umuryango w'Abibumbye yagize ati “Icyo navuga ni uko mu 1994 Umuryango w'Abibumbye warananiwe mu Rwanda; mu 1994 nanone Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe warananiwe mu Rwanda; ikiremwa muntu cyarananiwe, imyaka 25 ishize ntabwo ari igihe cyo kwibuka gusa ahubwo ni igihe cyo gusubiza amaso inyuma tukareba byinshi iki gihugu cyakoze mu rwego rwo kwiyomora ibikomere, ni umwanya mwiza kandi ku Muryango Mpuzamahanga kureba ibyo utakoze neza ukirinda ko ibyago nk'ibyabaye byakongera kuba”.

Uretse kuba u Rwanda rwarateranywe n’umuryango mpuzamahanga, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwishakamo ibisubizo mu guhangana n’ingaruka za Jenoside, nk’uko byanagarutsweho na bamwe mu bayobozi b’u Rwanda.

Umwe muri bo ni Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye wahamagariye Abanyarwanda gukomeza gukorera hamwe kuko ibyo bagezeho mu myaka 25 ishize ari ikimenyetso kibishoboka mu gihe kizaza.

Minisitiri w'Ubutabera Johnston Busingye yagaragaje ko Abanyarwanda aribo bahisemo Demokarasi ibabereye.


“Muri iyi myaka 25 ntabwo twigeze twifashisha demokarasi ivuye ahandi nko mu Bwongereza, i Washington cyangwa i Paris twayiganiriyeho nk'Abanyarwanda kandi irimo irakora, ni twe tugomba guhaguruka tugashyigikira imyemerere yacu nk'inkotanyi nyazo, ndatekereza ko mwese mwemeranya nanjye ko niba u Rwanda rubayeho mu myaka 25 ishize tuzakomeza kubaho mu bihe byose,” Johnston Busingye – Minisitiri w'Ubutabera

Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’Abanyarwanda ariko kandi inahagarikwa n’Abanyarwanda.

Inkuru ya John Patrick Kwizera



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu