AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kwigisha icyiciro cya 2 n’icya 3 mu myuga n’ubumenyingiro mu nzira yo gutangira

Yanditswe Jul, 27 2019 11:33 AM | 9,633 Views



Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP), riratangaza ko guhera mu mwaka utaha rishobora gutangira amasomo y’icyiciro cya 2 n’icya 3 cya kaminuza. Cyakora impuguke mu burezi zo ziravuga ko izo mpinduka mu myigishirize y’imyuga n’ubumenyingiro mu mashuri makuru zikwiye kwitonderwa.

Nsengimana Patrick na Muhirwa Jean Felix, ni bamwe mu banyeshuri basigaje umwaka umwe ngo basoze amasomo yabo mu ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya Kigali, IPRC Kigali. Nk’uko politiki na gahunda y’imyigishirize y’amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda ibiteganya, aba basore kimwe na bagenzi babo, nyuma y’imyaka 3 bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza, ari na yo iri ku rwego rwo hejuru mu zihabwa abiga ayo masomo azwi nka TVET.

Ni bintu bamwe mu biga ayo masomo bagaragaza ko bibagiraho ingaruka.

Eng. Kazawadi Papias, umwe mu ba enjeniyeri bakorera mu Rwanda, asanga kutagira amasomo y’icyiciro cya 2 n’icya 3 muri TVET byaragize ingaruka mbi ku bakurikiye ayo masomo mu myaka ishize.

Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’u Rwanda ry’imyuga n’ubumenyingiro,  Dr. James Gashumba, avuga ko ibiganiro hagati y’inzego bireba bigeze kure kugira ngo muri TVET hatangire gutangwa amasomo ya level 8 na 9 cyangwa icyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza, kuko kutagira abize amasomo yo kuri urwo rwego ari icyuho ku isoko ry’umurimo ry’imbere mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.

N’ubwo izi mpinduka ari ngombwa, hakenewe ubushishozi mu kuzishyira mu bikorwa, nkuko na Padiri Dr. Fabien Hagenimana, Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya INES Ruhengeri abivuga.

Kuva muri 2010 kugeza ubu, abasaga ibihumbi 7 ni bo bamaze gusoza amasomo y’icyiciro cya mbere cya kaminuza mu mashuri makuru y’imyuga n’ubumenyingiro.

Divin UWAYO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama