AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Kwita Izina: Mu Kinigi hatangiye imurikabikorwa ry'ibikorerwa mu Rwanda

Yanditswe Sep, 01 2022 17:34 PM | 172,450 Views



Mu Kinigi ahateganyijwe kubera ibirori byo kwita izina abana b'ingagi kuwa Gatanu tariki 2 Nzeri 2022, harimo kubera imurikabikorwa ryibanda ku bikorerwa mu Rwanda (Made in Rwanda) birimo imitako, imyenda, ikawa ihingwa mu Rwanda n'ibindi . 

Ni igikorwa kibaye ku nshuro ya mbere kuva umuhango wo Kwita Izina abana b'ingagi watangira kikabera mu kinigi. Abitariye iri murikabikorwa baturutse mu turere dutandukanye bavuga ko iki gikorwa kizatuma ibyo bakora birushaho kumenyakana Kandi bikagurwa ku bwinshi kuko aho bimurikirwa hahurira abantu benshi barimo abaza gusura ingagi.

Ubuyobozi bw'akarere ka Musanze buvuga ko gushyiraho gahunda yo kumurika ibintu bikenerwa na bamukerarugendo kandi byakorewe mu Rwanda, byakozwe mu rwego rwo guha amahirwe abamurika yo kwereka abantu benshi ibyo bakora mu gihe gito barimo n'abaturiye Pariki y'Igihugu y'Ibirunga.

Bitagenyijweko iri murikabikorwa rizarangira tariki ya 11 Nzeri ryitabiriwe n'abagera kuri 27 bakora ibikorwa bitandukanye.





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir