AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Leta imaze kwigomwa Miliyari 87Frw ngo ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli bidatumbagira cyane

Yanditswe Dec, 04 2022 18:07 PM | 205,778 Views



Ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byagumishijwe uko byari bisanzwe nyuma y'isuzuma ryakozwe ry'uko ibiciro bihagaze ku isoko mpuzamahanga.

Ministiri w'Ibikorwaremezo Dr. Nsabimana Erneste agaragaza ko harimo n’uruhare rwa nkunganire ya leta kugirango ibi biciro by'ibikomoka kuri peteroli bidakomeza kuzamuka. Minisitiri yatangaje ko kuva mu kwezi kwa gatanu kwa 2021 leta imaze kwigomwa asaga miliyari 87Frw ndetse kuri ubu ikaba yigomwe miliyari 4.4Frw kugirango ibiciro bigume uko byari biri mu kwezi kwa 12 ndetse n'ukwa mbere k'umwaka utaha wa 2023.

Minisitiri avuga ko kugirango nibura ibikomoka kuri Peteroli byatumijwe bigere mu Rwanda bitwara nibura amezi abiri ari nayo mpamvu ibiciro bivugururwa buri meze abiri.

Zimwe mu mpamvu zitera kuzamuka kw'ibiciro harimo gahunda ibihugu bicukura peteroli bihuriye mu muryango wa OPEC ufiite icyicaro i Vienne muri Autriche biba byashyizeho. Ikindi kintu kandi cyatumye ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli byiyongera cyane muri iki gihe, ni intambara y'Uburusiya na Ukraine yatumye Uburusiya nka kimwe mu bihugu bicukura peteroli gifatirwa ibihano ku bicuruzwa byacyo.

Minisitiri Erneste avuga ko impamvu ziba zatumye ibiciro byiyongera nta bubasha baba bafite bwo kugira icyo bazikoraho uretse kuba bakwigomwa imisoro imwe n'imwe kugirango abaturage batagerwaho n'ingaruka zabyo.

Minisitiri kandi yasobanuye ko impamvu izamuka ry'ibikomoka kuri peteroli rigira ingaruka ku buzima bwose muri rusange ari uko ikoresha mu bwikorezi, aho byaba ubuhinzi cyangwa urundi rwego byanze bikunze rukenera ibikomoka kuri peteroli mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Minisitiri w’ibikorwaremezo kandi avuga ko kuba u Rwanda rwemeye kwigomwa imisoro ngo ibiciro bidatumbagira, bituma nta rwitwazo na rumwe rwatuma abacuruzi bazamura ibico by’ibindi bicuruzwa by'umwihariko mu mpera z'umwaka n'iminsi mikuru iwusoza.


Soma itangazo ry'Urwego Ngenzuramikorere (RURA) ku biciro by'ibikomoka kuri peteroli




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira