AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Leta y'u Rwanda yasinye amasezerano y'inkunga izafasha kongera amashanyarazi

Yanditswe Feb, 16 2017 14:03 PM | 1,880 Views



Leta y'u Rwanda yasinye amasezerano y'inkunga ya miliyoni 10 z'amayero yemerewe n'Ububiligi, agera muri miliyari 8.7. Ni amafaranga bisobanurwa ko aje gushyigikira imishinga yo kongera amashanyarazi mu baturage.

Imishinga izibanda mu turere 3 aritwo Rwamagana, Ngoma na Rubavu. Umuyobozi w'ikigo gishinzwe amashanyarazi REG Mugiraneza avuga ko iyi nkunga izafasha Leta y'u Rwanda kugera ku ntego yayo yo kugeza amashanyarazi mu baturage ku kigero cya 80% muri 2018. Ni mu gihe ubu abaturage babona amashanyarazi bageze kuri 30%.

Ku ruhande rw'ububirigi bwo buravuga ko bushyira imbaraga mu guteza imbere ibikorwa by'amashanyarazi  kuko agira uruhare mu kwihutisha iterambere ry'ibihugu.

Uretse iyi nkunga y'Ububiligi, Leta y'u Rwanda yanasinye amasezerano y'inkunga yahawe n'ikigega nterankunga cy'Abongereza DFID ingana na miliyoni 5 z'amapound. Ni amafaranga azakoreshwa mu guteza imbere ubuhinzi.

Minisitiri w'imari n'igenamigambi Amb.Claver Gatete yavuze Ko leta y'u Rwanda yishimiye inkunga ya DFID izajya mu buhinzi nk'urwego rukomeye kuko  33% by'umusaruro mbumbe uva mu buhinzi n'ubworozi.

Minisitri Gatete kandi avuga ko kuboneka kw'izi nkunga bivuze umubano mwiza u Rwanda rufitanye n'ibindi bihugu.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama