Yanditswe Nov, 23 2022 16:20 PM | 305,442 Views
Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda Vincent Biruta yitabiriye inama y'ibihugu by'akarere yiga ku kibazo cy'umutekano muke n'intambara yongeye kubura mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ni inama yabereye i Luanda muri Angola.
Ni inama yatumiwemo ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Burundi buyoboye Umuryango wa Afurika y'i Burasirazuba muri iki gihe, u Rwanda ndetse n'uwahoze ari Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta.
Ni inama yitabiriwe na Perezida Joao Lorenço nk'umuhuza, Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, Perezida Antoine Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga w' u Rwanda Dr. Vincent Biruta uhagarariye u Rwanda.
Uwahoze ari Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta na we yitabiriye iyi nama nk'umuhuza ku rwego rw'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba hagati ya leta ya DRC n'imitwe yitwaje intwaro iyirwanya.
Iyi nama ibaye nyuma y'aho intambara yongeye kubura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y'ingabo z'icyo gihugu, FARDC, ndetse n'umutwe wa M23.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru