AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Luanda: Habereye inama yiga ku mutekano muke mu Burasirazuba bwa Congo

Yanditswe Nov, 23 2022 16:20 PM | 305,442 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga  w'u Rwanda Vincent Biruta yitabiriye inama y'ibihugu by'akarere yiga ku kibazo cy'umutekano muke n'intambara yongeye kubura mu Burasirazuba bwa Repuburika Iharanira Demukarasi ya Congo. Ni inama yabereye i Luanda muri Angola.

Ni inama yatumiwemo ibihugu bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, u Burundi buyoboye Umuryango wa Afurika y'i Burasirazuba muri iki gihe, u Rwanda ndetse n'uwahoze ari Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta.

Ni inama yitabiriwe na Perezida Joao Lorenço nk'umuhuza, Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, Perezida Antoine Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga w' u Rwanda Dr. Vincent Biruta uhagarariye u Rwanda.

Uwahoze ari Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta na we yitabiriye iyi nama nk'umuhuza ku rwego rw'Umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba hagati ya leta ya DRC n'imitwe yitwaje intwaro iyirwanya.

Iyi nama ibaye nyuma y'aho intambara yongeye kubura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagati y'ingabo z'icyo gihugu, FARDC, ndetse n'umutwe wa M23.

Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira