AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

MINEDUC ivuga ko kuba abanyeshuri bakomeje gusubira ntawe bikwiye gutera impungenge

Yanditswe Nov, 22 2020 21:43 PM | 69,961 Views



Mu gihe hagitegerejwe ibyavuye mu bipimo byafashwe mu rwego rwo kureba uko icyorezo cya COVID19 gihagaze mu mashuri, kuri uyu wa mbere abanyeshuri biga mu mwaka wa mbere, mu wa kabiri no mu wa kane mu mashuri yisumbuye n’uw’amashuri abanza barasubukura amasomo yabo. Minisiteri y’uburezi ikaba ihumuriza ababyeyi kuko icyemezo cyo gukomeza gufungura ibindi byiciro by’amashuri cyizweho neza.

Amezi 8 yarashize badakoza ikirenge ku ishuri nyuma yaho amashuri afunzwe mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID19. Ngo ntibifuza icyatuma bongera gutakaza igihe nk’icyo.

Ababyeyi b’aba banyeshuri nabo ngo sibo barose amashuri yongera gufungura.

Ku rundi ruhande ariko hari abanyeshuri baje kuri sitade ya Kigali kuri iki Cyumweru aho bagenzi babo bahagurukiraga kandi bakabaye barageze ku bigo byabo.

Imodoka za leta ni zo zakoreshwaga mu kugeza aba bana aho biga dore ko batari na benshi. Icyakora KAGERUKA Benjamin ushinzwe ubugenzuzi muri minisiteri y’uburezi avuga ko iyi ari imwe mu mbogamizi bahuye nayo.

Abasubiye ku mashuri bigaho mu mpera z’iki cyumweru basanzeyo bagenzi babo bo mu mwaka wa 3, uwa 5 n’uwa 6 w’amashuri yisumbuye nabo bari bamaze ibyumweru 3 basubukuye amasomo.

Ni mu gihe kandi hagitegerejwe ibyavuye mu bipimo 3000 byafashwe mu rwego rwo kureba uko icyorezo cya COVID19 cyifashe mu mashuri mu gihe amaze afunguye. Icyakora minisiteri y’uburezi iramara impungenge ababyeyi ivuga ko icyo cyemezo cyasuzumanywe ubushishozi.

Abanyeshuri basubukura amasomo kuva kuri uyu wa mbere ni abiga mu mashuri yisumbuye mu mwaka wa mbere, uwa kabiri n'uwa kane ndetse n'abageze muri level 3 mu mashuri y'ubumenyingiro, TVET.


Divin UWAYO 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize