AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

MINEDUC yafunze ishuri rya IPRC Kigali igihe cy'ibyumweru bibiri

Yanditswe Oct, 23 2022 19:03 PM | 114,639 Views



Minisiteri y'Uburezi yafunze Ishuri rikuru rya RP-IPRC ishami rya Kigali igihe kingana n'ibyumweru bibiri, kugirango iperereza rijyanye n'imyitwarire mibi yo kwiha umutungo wa leta ririmo kuhakorerwa rikomeze nta nkomyi.

Mu itangazo yashyize ahabona, kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, Minisiteri y’Uburezi yanavuze ko uhereye kuri iki Cyumweru nta muntu wemerewe kwinjira muri iyi IPRC muri iki gihe kandi ngo n’abanyeshuli bari mu kigo, bagiye gufashwa gutaha bakazamenyeshwa igihe ishuli rizongera gufungurirwa.

Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira Thierry yatangaje ko umuyobozi wa IPRC Kigali Murindahabi Diogène nawe yatawe muri yombi nyuma y'aho bigaragaye ko habaye ubujura bw'ibikoresho by'iri shuri no kwiha umutungo rusange wa Leta. 

Kuri ubu hari ibikoresho byatangiye kugaruzwa mu gihe iperereza rigikomeje.

Ministere y’Uburezi kandi yashishikarije umuntu wese waba afite amakuru y’ingenzi yagirira akamaro iperereza ririmo gukorwa kuba yayatanga ku biro bya RIB bimwegereye.

Nyuma yo gufunga kw'iri shuri, MINEDUC yatangaje ko nta muntu wemerewe kwinjira muri iri shuri kandi ko abanyeshuri bari bari mu kigo bafashwa gutaha bakazamenyeshwa igihe ishuri rizongera gufungurirwa.

Soma Itangazo rya MINEDUC





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko