AGEZWEHO

  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...
  • U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza – Soma inkuru...

MINEDUC yafunze ishuri rya IPRC Kigali igihe cy'ibyumweru bibiri

Yanditswe Oct, 23 2022 19:03 PM | 115,431 Views



Minisiteri y'Uburezi yafunze Ishuri rikuru rya RP-IPRC ishami rya Kigali igihe kingana n'ibyumweru bibiri, kugirango iperereza rijyanye n'imyitwarire mibi yo kwiha umutungo wa leta ririmo kuhakorerwa rikomeze nta nkomyi.

Mu itangazo yashyize ahabona, kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022, Minisiteri y’Uburezi yanavuze ko uhereye kuri iki Cyumweru nta muntu wemerewe kwinjira muri iyi IPRC muri iki gihe kandi ngo n’abanyeshuli bari mu kigo, bagiye gufashwa gutaha bakazamenyeshwa igihe ishuli rizongera gufungurirwa.

Umuvugizi w'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira Thierry yatangaje ko umuyobozi wa IPRC Kigali Murindahabi Diogène nawe yatawe muri yombi nyuma y'aho bigaragaye ko habaye ubujura bw'ibikoresho by'iri shuri no kwiha umutungo rusange wa Leta. 

Kuri ubu hari ibikoresho byatangiye kugaruzwa mu gihe iperereza rigikomeje.

Ministere y’Uburezi kandi yashishikarije umuntu wese waba afite amakuru y’ingenzi yagirira akamaro iperereza ririmo gukorwa kuba yayatanga ku biro bya RIB bimwegereye.

Nyuma yo gufunga kw'iri shuri, MINEDUC yatangaje ko nta muntu wemerewe kwinjira muri iri shuri kandi ko abanyeshuri bari bari mu kigo bafashwa gutaha bakazamenyeshwa igihe ishuri rizongera gufungurirwa.

Soma Itangazo rya MINEDUC





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize