AGEZWEHO

  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba AU bari mu mwiherero i Kigali – Soma inkuru...

MINEDUC yagaragaje ibikomeje gutiza umurindi ikibazo cy’abana bata amashuri

Yanditswe Mar, 22 2023 19:36 PM | 30,377 Views



Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko kudashyira mu bikorwa itegeko rihana ababyeyi bihunza inshingano zo kurera, biri mu bikomeje gutiza umurindi ikibazo cy’abana bata amashuri abandi bakajyanwa mu mirimo itandukanye.

Ni mubiganiro byahuje abadepite bagize Komisiyo y'Ubumwe bw'Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside na Minisiteri y'Uburezi,  ku isesengura rya raporo y'ibikorwa bya Komisiyo y’Igihugu y'Uburenganzira bwa muntu by'umwaka wa 2021/2022 n’Iteganyabikorwa ry'umwaka wa 2022/2023, ku bibazo byagaragaye mu burezi birimo ikibazo cy’abana bata amashuri ababyeyi ntibabibazwe.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yavuze ko bikigoranye gushyira mu bikorwa itegeko rihana ababyeyi bihunza inshingano zo kurera  ariko ngo babifatiye ingamba.

Kuri ubu abanyeshuri kuva mu bigo by’amashuri abanza kugeza mu yisumbuye bafatira ifunguro ku ishuri, gahunda Minisiteri y’Uburezi igaragaza nka kimwe mu bisubizo byo guhangana n’abana bata ishuri.

Jean Paul Turatsinze



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD