AGEZWEHO

  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...
  • Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda? – Soma inkuru...

MINEDUC yahembye abahanze udushya mu burezi

Yanditswe Sep, 06 2019 19:36 PM | 15,328 Views



Ku nshuro ya mbere, Minisiteri y'Uburezi yahembye abanyeshuri, abarimu n'abandi bafatanyabikorwa mu burezi, bahanze udushya mu burezi cyangwa bagakora ibikorwa bigamije guteza imbere uburezi. Abahembwe bavuga ko ibi bihembo bigiye kubatera imbaraga zo gukora ibyisumbuye. Mu gihe Minisitiri w'Uburezi avuga ko guverinoma izakomeza gushyigikira imishinga nk'iyi.

Bamwe mu banyeshuri bahembwe kubera guhanga udushya, ni Mugiraneza Jean Bosco wakoze  uburyo (systeme) igamije gutanga serivisi mu rwego rw'ubuzima n'uburezi, abanyeshuri bo kuri Maranyundo Girls School bakoze application ifasha mu gukurikirana imyigire y'umunyeshuri na Mugabo Theoneste wakoze ivomo yise Smart voma, aho umuntu akoresha igiceri, ikarita cyangwa mobile money mu kwishyura.

Aba banyeshuri bemeza ko kuba bahembwe bigiye kongera imbaraga mu mikorere yabo, kandi ko bizeye ko imishinga yabo izahindura ubuzima bwabo, ariko ikanateza imbere ireme ry'uburezi. Minisiteri y'Uburezi yanahembye abarimu n'abayobozi b'ibigo bakoze ibikorwa byateje imbere uburezi.

Tuyisenge Claudine yeteje imbere uburezi budaheza, mu gihe Sr Felecia Mukangabireyashishikarije abana kwitabira ishuri abaha inkwavu, umubare wabaryitabira ukaba warazamutseho 50%.

Minisiteri y'Uburezi  ivuga ko imishinga abanyeshuri bakora igaragaza ko integanyanyigisho ishingiye ku bumenyi igenda itanga umusaruro, kuko bahera ku bikoresho bibari hafi bagakora imishinga ishobora gukemura ibibazo binyuranye haba mu rwego rw'uburezi, haba no mu buzima bwa buri munsi.

Minisitiri w'Uburezi Dr Mutimura Eugene avuga ko guverinoma izakomeza gutera inkunga ibikorwa nk'ibi.

Minisiteri y'Uburezi kandi itangaza ko hari ikigega gitanga inkunga y'amafaranga agenewe abahanze udushya mu rwego rwo kwiteza imbere, kibarizwa muri Komisiyo y’ubumenyi n’ikoranabuhanga.

Iki gikorwa cyo guhemba abanyeshuri, abarimu, abayobozi b'ibigo by'amashuri n'abandi bafatanyabikorwa mu burezi, bakoze ibikorwa by'indashyikirwa mu kuzamura ireme ry'uburezi, izajya iba buri mwaka. 

Inkuru mu mashusho


Jeannette UWABABYEYI 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama