AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Musanze: MINEMA yakiriye toni 68 za sima yo kubakira abakozweho n'ibiza

Yanditswe May, 14 2023 18:16 PM | 31,846 Views



Mu Karere ka Musanze, Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi MINENA, yakiriye inkunga y’imifuka isaga 1200 ya sima izifashishwa mu kubakira abasenyewe n'ibiza biheruka kwibasira Intara y'Amajyaruguru, Uburengerazuba n'Amajyepfo.

Ibiza by’imvura biheruka byasenyeye abaturage benshi ku buryo hari abacumbikiwe n’abaturanyi no ku ma site yashyizwe hirya no hino mu gihugu. Iyi miryango yifuza ubufasha bwo kongera kubakirwa.

Ni muri urwo rwego uruganda rwa Twiga Cement rwashyikije MINEMA toni 68 za sima izakoreshwa mu bikorwa byo gusana no kubakira imiryango yasenyewe.

Umunyamabanga uhoraho muri MINEMA Habinshuti Philippe avuga ko iyi nkunga iri mu bikoresho bikirimo gukusanywa mu bice bitandukanye by'igihugu mu myiteguro yo gufasha abaherutse kugirwaho ingaruka n'ibiza kwigobotora ingaruka zabyo mu buryo burambye.

Uretse ibikoresho birimo gukusanywa, MINEMA ivuga ko kugeza ubu binyuze mu buryo bwashyizweho bwo gukusanya inkunga yo gufasha abaherutse guhura n'ibiza, hamaze gukusanywa miliyoni zisaga 110Frw, yunganira ubundi bufasha butandukanye Guverinoma imaze iminsi iha abo baturage.

Imifuka ya Sima yatanzwe n'uruganda Twiga Cement (Ifoto: RBA)

Patience Ishimwe



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama