AGEZWEHO

  • Umurinzi w'Igihango Damas Gisimba warokoye benshi muri Jenoside yatabarutse – Soma inkuru...
  • Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RDC – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame yatanze ikiganiro kigaragaza uruhare rwa Imbuto Foundation mu iterambere ry'abaturage

Yanditswe Sep, 15 2022 20:56 PM | 213,303 Views



Madamu Jeannette Kagame, aravuga ko kugira ngo habeho impinduka mu bukungu n’imibereho y’abaturage, bigomba gushingira ku guteza imbere urubyiruko. 

Ibi yabigarutseho ubwo yatangaga ikiganiro ku kwiyubaka k’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, hakaba hari mu nama mpuzamahanga yiga ku bufatanye buzana impinduka irimo kubera mu gihugu cya Suede.

Aha muri Suede, Madamu Jeannette Kagame yatanze ikiganiro kigaragaza uruhare rw’Umuryango Imbuto Foundation mu iterambere ry’ubukungu n’imibereho y’abaturage. 

Yabwiye abacyitabiriye ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, urugendo rwo kwiyubaka no komora ibikomere abanyarwanda rutari rworoshye, kuko hari bamwe babonaga u Rwanda nk'igihugu kitari kongera kubaho, igihugu cyashegeshwe n’amacakubiri ashingiye ku moko, hakaba n’abari batakaje icyizere cy’ubuzima ndetse n'ibindi bibazo. 

Yagaragaje kandi ko Jenoside yakorewe Abatutsi yasize ingaruka nyinshi mu muryango nyarwanda.

Yagize ati "Abasaga miliyoni imwe babuze ubuzima, abagore ibihumbi 500 bandujwe virusi itera Sida abayibanduje babikoze ku bushake babafashe ku ngufu, nk'imwe mu ntwaro za jenoside, abana bacu ibihumbi 300 barishwe abandi bana ibihumbi 100 bagirwa imfubyi mu gihe cy'iminsi 100 y'icuraburindi. Ibi byose ni ingaruka z'imiyoborere mibi aho abagera ku 1500 barangije Kaminuza mu gihe cy'imyaka 30 bacengezwagamo iyo miyoborerere. Ndizera ko twese tuzi ingaruka z'ibi mu mibereho n'ubukungu kubera ibi bihe bibi."

Madamu Jeannette Kagame yagaragagaje n’ibikorwa by'umuryango Imbuto Foundation abereye umuyobozi w’ikirenga, mu kuzana impinduka mu mibereho n'ubukungu cyane ku rubyiruko. 

Aha avuga ko kugira ngo habeho izi mpinduka mu buryo burambye bigomba guhera ku kongerera ubushobozi urubyiruko.

"Kubaho igihe kirekire kandi ukabaho neza bigomba kugendana no kongera ubushobozi urubyiruko, mu rugendo rw'impinduka mu mibereho n'ubukungu, birumvikana muri uyu mugoroba insanganyamatsiko tuganira iragaruka ku isano iri hagati y'imibereho myiza n'urubyiruko. Kuri twe mu Rwanda 40% by'abaturage ni abafite imyika iri munsi 15, mu rwego rwo gufasha uyu mubare munini umuryango Imbuto Foundation wagerageje gutanga ibisubizo ku bibazo runaka birimo gushyira abana ibihumbi 100 mu bigo mbonezamikurire, gutanga buruse ibihumbi 10 ku bana b’abahanga mu mashuri yisumbuye abana b'abakobwa 5,113 bamaze guhabwa ibihembo kubera imitsindire yabo myiza mu mashuri no kuba urubyiruko ibihumbi 300 bagerwaho na servisi zijyanye n'ubuzima bw'imyororokere. Amadorari ibihumbi n'ibihumbi atangwa mu mishinga y'urubyiruko kugirango habeho impinduka mu mibereho."

Kuva tariki 13 z'uku kwezi Madamu Jeannette Kagame ari mu ruzinduko muri Suede. 

Muri iyi minsi yitabiriye inama mpuzamahanga igamije kubaka ubufatanye mu kuzana impinduka (Partnering for Change) yateguwe n’umuryango Reach for Change ku nshuro yayo ya 5.

Madamu Jeannette Kagame yanasuye Ishami ryita ku ndwara z’abana mu bitaro bya Kaminuza ya Karolinska muri Suède, asobanurirwa imikorere yabyo cyane serivisi y’ubufasha buhabwa abana binyuze mu mikino.

Aho yari aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu Dr Diane Gashumba, usanzwe ari n’inzobere mu buvuzi bw’abana.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Erdogan

Banki Nyafurika itsura amajyambere irasaba imiryango itari iya leta kuyishyigiki

Hakenewe miliyari 296Frw zo gusana no kubaka ku buryo burambye ibyangijwe n'

Inama ya EAC yemeje ko abarwanyi ba M23 bazakirirwa mu kigo cya Rumangabo

Hibutswe Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Abanyamahanga bashoye imari mu Rwanda basanga iki ari igihugu ntangarugero mu ko