AGEZWEHO

  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Madame Roman Tesfaye yasuye ibikorwa by'iterambere by'abagore i Kayonza

Yanditswe Apr, 27 2017 21:12 PM | 4,035 Views



Madame wa Minisitiri w'Intebe wa Ethiopia, Roman Tesfaye yashimye uruhare Leta y'u Rwanda ikomeje kugira mu guteza imbere umugore kandi ko hari byinshi amahanga akwiye kwigira ku Rwanda mu bijyanye n'uburinganire.

MadameTesfaye aherekejwe na minisitiri w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango madame Nyirasafari Esperance basuye abagore bishyize hamwe bo mu karere ka Kayonza.

Aba bagore bakorera imyuga yabo mu kigo cyitwa Woman Opportunity Center bagaragaje umunezero batewe n'abashyitsi badasiba kubasura, aho bashima uruhare rw'ubuyobozi budahwema kubahuza n'amahanga hagamijwe iterambere.

Madame Tesfaye yashimye leta y'u Rwanda ikomeje guteza imbere uburinganire bw'umugore n'umugabo, yongeraho ko iyo abagabo n'abagore bashyize hamwe iterambere rigerwaho byoroshye.

Muri iki kigo kandi yahahuriye n'itsinda ry'abagabo 30 baharanira  guteza imbere gahunda ya HeForShe. Yavuze ko bimushimishije ndetse ko nasubira muri Ethiopia azabishishikariza n'abagabo baho.

Ikigo woman Opportunity Center giterwa inkunga na Imbuto foundation kigamije guteza imbere abagore, aho kibafasha gukora imirimo y'ubukorikori nko kuboha ibiseke, ibikapu n'ibindi byinshi, abagikoreramo bavuga ko hari byinshi bamaze kwigezaho.

Iki kigo giherereye mu Murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza cyashinzwe mu mwaka wa 2013 kibaba kimaze gufasha abagore batari bacye kwiteza imbere. Batojwe n'umuryango women for women, watangiye gukorera mu Rwanda mu 1997.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #