AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame arasaba abantu guharanira imikurire myiza y’abana bato

Yanditswe Jun, 16 2017 14:16 PM | 4,710 Views



Kuri uyu wa gatanu,Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame yitabiriye igikorwa cyo gusoza amasomo ku banyeshuli bagera kuri 41 bize ibijyanye no kwita ku burezi bwihariye bw’abana bato,mu ishuri rya Premier ECDE teachers college. Madamu Jeannette Kagame yavuze ko hagikenewe imbaraga mu kumenyekanisha gahunda y' uburezi bw' abana b' incuke kuko umwana wigishijwe neza kare,agira ahazaza heza.

Ni ku nshuro ya mbere iri shuli rifite icyicaro cyaryo mu Karere ka Gasabo hano mu mujyi wa Kigali ritanze impamyabumenyi ku banyeshuli baryizemo. Abanyeshuri 41 nibo bahawe impamyabumenyi ku rwego rwa Diploma abandi ku rwego rwa certificate.


Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abantu bagomba guharanira imikurire myiza y' abana bato no kubarinda icyabahungabanya cyose,bityo ngo gahunda y' uburezi bw' abana b' incuke igomba gukomeza gushyirwamo imbaraga, avuga kandi ko umwana witaweho kare bimugirira akamaro kanini mu mikurire ye.


“Dushyigikire ireme ry'uburezi kuva abana bakiri bato kandi twibutsa Abanyarwanda bose intego twihaye igira iti 'Wite ku mwana wese nk'uwawe', Nifuzaga kwibutsa uruhare rw’ababyeyi mu burezi bw’abana mbere y'uko binjira mu ishuli kuko aricyo cyiciro cy'ingenzi abandi bashingiraho.”-Madamu Kagame

Ku ruhande rw' ubuyobozi bw' iri shuri bwo buvuga ko amasomo abanyeshuri bahawe yabateguriye kuba abarimu b' umwuga mu mashuri y' incuke.

Abanyeshuli barangije amasomo nabo bavuga ko biteguye gutanga uburezi bufite ireme ku bana b' incuke bazaba bigisha. Ministeri y' uburezi yo ivuga ko abanyeshuri biga ibijyanye n' uburezi bw' incuke,ari igisubizo ku kibazo cyari gihari cy' abarimu bafite ybushobozi n' ubumenyi bwihariye mu kwita ku burezi bw' abana b' incuke.Imibare igaragaza ko amashuri y' incuke mu Rwanda yavuye ku 1870 mu mwaka w' 2012,akagera ku 2757 mu mwaka wa 2016.Mu Rwanda kandi ECDs zagiye zubakwa ku bufatanye bwa Unicef n' imbuto Foundation zimaze kurererwamo abana bagera ku 6067. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura