Yanditswe Mar, 14 2023 21:19 PM | 69,760 Views
Madamu Jeannette Kagame na Leena Al Ashkar Madamu wa Perezida wa FIFA, bari hamwe n'ibihangange byamenyekanye mu mupira w'amaguru ku isi, basuye bagirana ibiganiro n'abana bari munsi yimyaka 17 batorezwa muri Umuri Academy.
Iyi itoza ndetse igashyigikira impano z'abakiri bato mu mupira w'amaguru.
Ni ibikorwa byaranzwe
n'ibiganiro ndetse n'imyidagaduro aho
bamwe mu babaye ibihangange mu mupira w'amaguru bagize umwanya wo gusangiza aba
bana ubumenyi n'ubunararibonye bwabo.
Academy ya Umuri igizwe n'abana b'abakobwa ndetse n'abahungu bafite impano yo gukina umupira w'amaguru.
Bamwe muri bo bavuga ku nzozi bafite zo kugera kure mu mupira w'amaguru.
Jimmy Mulisa wamenyekanye mu mupira w'amaguru mu Rwanda no hanze ndetse akaba ari nawe watangije iyi Academie avuga ko inzozi ze ari ukubona iterambere ry'umupira w'amaguru mu Rwanda.
Bamwe mu babaye abakinnyi b'ibyamamare muri ruhago (football Legends) Portia Modise na Asamoah Gyan bashimangira ko ari ingenzi ko aba bana bagira ubumenyi bwo mu ishuri bwiyongera ku mpano bafite mu mupira w'amaguru.
Ibyamamare byamenyekanye mu mupira w"amaguru biri mu Rwanda aho biteganyijwe ko bazitabira inteko rusange ya FIFA iteganyijwe kuri 16 z'uku kwezi kwa 3.
Ntete Olive
Abasaga 200 bategerejwe i Kigali mu Iserukiramuco ‘Kigali Triennial’
Feb 12, 2024
Soma inkuru
Art Rwanda yatumye hahangwa imirimo 400 mu myaka 2
May 15, 2023
Soma inkuru