AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza programu nshya 13 mu rwego rw'ubuvuzi

Yanditswe May, 04 2022 19:29 PM | 71,559 Views



Kuri uyu wa Gatatu, Madamu Jeannette Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza programu nshya 13 mu rwego rw'ubuvuzi, zikazajya zigisha abaganga kuvura indwara z'umutima abantu bakuru ndetse n'abana, cancer zifata abagore, kuvura impyiko, ubuvuzi bw'indwara z'uruhu n'ibindi.

Kwiga bizajya bikorerwa mu bitaro byigisha, (teaching hospitals), abazajya biga baziga mu byiciro bunyuranye kugera kuri PHD. 

Gukurikirana ayo masomo bizajya bifata imyaka iri hagati y’ibiri kugeza kuri itanu bitewe n'ubwoko bw'ubuvuzi. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, Dr.Patrick Ndimubanzi avuga ko iyi gahunda ije ikenewe bitewe n'umubare munini w'abarwayi bakeneraga  ubuvuzi ntibabubone mu gihugu bigasaba ko bajya kwivuriza hanze y'u Rwanda. 

Iyi gahunda izafasha kandi ku kuziba icyuho cy'umubare muto w'abaganga ndetse bifashe guteza imbere ireme ry'ubuvuzi mu Rwanda, bibe byatuma n'abanyamahanga baza kwivuriza imbere mu gihugu.

Ministri w'Ubuzima, Dr.Daniel Ngamije avuga ko iyi gahunda izajya ikorerwa mu bitaro byigisha, izafasha abarwayi bakeneye kuvurwa n'abaganga b'inzobere.

Iyi gahunda ije nyuma yaho ibitaro bya Kaminuza bya Butare, ibya Kigali n’ibitaro bya gisirikari bya Kanombe byagiranye amasezerano n’ibitaro byitiriwe umwami Faycal, kugira ngo byohererezanye aba barwayi  hagamijwe gukemura ikibazo cya rendez_vous z'igihe kirekire.  

Minisitiri w'Uburezi, Dr.Valentine Uwamariya we avuga ko abaziga muri iyi gahunda bazazana impinduka nziza mu buzima bw'abarwayi bazavura. 

Gahunda yo kwigisha programu nshya mu rwego rw'ubuvuzi izakorwa ku bufatanye bwa Kaminuza y'u Rwanda, urwego rushinzwe imyigishirize y’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima, ibitaro byigisha ndetse n'umufatanyabikorwa muri iyi gahunda, Suzan Thompson Buffet Foundation.   

Uwari uhagarariye uyu muryango, Prof.Senait FISSEHA avuga ko biyemeje gufatanya n'u Rwanda muri iyi gahunda bitewe nuko basanze umubare w'abaturage umuganga umwe areberera ukuri hejuru.

Carine Umutoni



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama