Yanditswe Apr, 20 2021 12:33 PM | 12,268 Views
Marshal Idriss Déby wayoboraga Chad yapfuye nyuma y’ibikomere yavanye ku rugamba, igisirikare cya Chad cyatangaje ko Perezida Deby Itno yapfuye azize ibikomere nyuma yo kurasirwa ku rugamba.
Ni nyuma y'amasaha make ibyavuye mu matora yibanze bigaragaje ko yatsinze amatora ya manda ya gatandatu.
Aya matora yabaye mu bihe ubutegetsi bwe bwari busumbirijwe n'inyeshyamba zari mu Majyaruguru y’igihugu hafi na Libya, ingabo za Chad zikaba zikomeje kurwana n'izi nyeshyamba zagabye ibitero ku murwa mukuru N'Djamena, amakuru akaba avuga ko usumbirijwe.
Televiziyo ya leta yatangaje urupfu rwe ntiyasobanuye neza uko Maréchal Idriss Déby Itno yagiye ku rugamba n'uko yaharasiwe.
Ibiro ntaramakuru by'Abafaransa, AFP bitangaza ko umuvugizi w'ingabo, Gen Azem Bermandoa Agouna, mu magambo ye yasomye kuri televiziyo y'igihugu, yatangaje ko uyu mugabo w'imyaka 68 amaze kwitaba Imana arengera igihugu aguye ku rugamba.
Byari byitezwe ko ageza ijambo ry’insinzi ku baturage, ariko umuyobozi wari ushinze ibikorwa byo kwiyamamaza bye, Mahamat Zen Bada yavuze ko ahubwo yagiye gusura abasirikare ba Tchad bari ku rugamba.
Yagize ati "Deby yifuzaga kuba yari hano kwizihiza uyu munsi ariko yari kumwe n’ingabo kugira ngo arwanye iterabwoba ryugarije akarere kacu."
Kugeza ubu igisirikare cyatangaje ko leta y'inzibacyuho iyobowe n'umuhungu wa Deby, Gen Mahamat Kaka.
Umutwe w’inyeshyamba witwa, FACT wagabye igitero ku mipaka ku munsi w’amatora, utera ibirometero amagana mu Majyepfo y’igihugu.
Muri Kanama 2020 Inteko Ishinga Amategeko ya Tchad yari yahaye Perezida Idriss Déby Itno ipeti rya 'Maréchal.
Byabereye mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 60 ishize Tchad ibonye ubwigenge.
Iryo peti ni ryo risumba ayandi yose atangwa mu gisirikare cy'iki gihugu. Nta wundi wigeze urihabwa muri iki gihugu.
Umukuru w'Inteko Ishinga Amategeko ya Tchad yari yavuze ko Perezida Déby ahawe icyo cyubahiro mu kumushimira ukuntu muri Mata uwo mwaka yayoboye ibikorwa byo guhashya intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu. Yavuze ko "Uri intangarugero n'icyitegererezo kuri Tchad".
Déby yavuze ko icyubahiro yari yahawe cy'iryo peti yagituye
abasirikare bagenzi be.
Yagize ati "Turacyari ku nkeke zitewe n'iterabwoba, kandi nta mpuhwe rigira... Urugamba rwo kurwanya iterabwoba ni inshingano ikomeye kandi ruzakomeza kuba mu biduhangayikishije".
Déby Itno wari ufite imyaka 68, yari ku butegetsi kuva mu 1990.
Cyo kimwe n'ibihugu bihana imbibi nayo byo mu karere ka Sahel, Tchad imaze igihe ihanganye n'ibitero by'imitwe y'intagondwa zigendera ku mahame akaze ya kisilamu.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru