AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Min. Mushikiwabo yagiranye ibiganiro na Perezida wa Nigeria HE Muhammadu Buhari

Yanditswe Jan, 09 2018 18:21 PM | 5,007 Views



Ministre w’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’umuryango w’Afrika y’iburasirazuba, Mme Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa kabiri yagiranye ibiganiro na perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari, aho yari amushyiriye ubutumwa bwa mugenzi we w'u Rwanda Paul Kagame. 

Ibyo biganiro byibanze ku mubano w’ibihugu byombi, ibibazo birimo n'icy’abimukira bari muri Libya aho perezida Buhari yizeje ko yafashe umwanzuro wo kwakira abanyanijeriya 5037 bari mu bimukira baheze muri icyo gihugu.

Perezida Muhammadu Buhari kandi akaba yizeje mugenzi we w'u Rwanda Paul Kagame ubufatanye mu gihe mu mpera z’uku kwezi kwa 1 atangira kuyobora umuryango wa Afrika yunze ubumwe. 

Uyu mukuru w'igihugu asanga perezida w'u Rwanda mu gihe azaba ayoboye uyu muryango yazafasha gukemura ibibazo birimo icy'umutekano muke muri Sudani y'epfo, icy'abashaka kwikura kuri Cameroon, icyo muri Togo cy'abaturage bahora mu myigaragambyo ndetse n'intwaro zinyanyagiye mu basivile zagiye zituruka mu bihugu birimo na Libya.

Minisitiri Mushikiwabo akaba yabwiye perezida Muhammadu Buhari ko perezida Kagame ugiye kuyobora umuryango wa Afrika yunze ubumwe azakenera inama ku bibazo by'umutekano mu gace ka Sahel, ku mavugurura yawo arimo gukorwa kuri ubu, ndetse u Rwanda rukigira kuri Nigeria ubuhanga mu buhinzi no kuvugurura umubano n'ubucuti ku mpande zombi.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize