Yanditswe Sep, 29 2019 12:36 PM | 16,112 Views
Ku nshuro ya mbere, umubare w'abagore mu buyobozi bw'uturere wageze kuri 30%, nk'uko biteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda. Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu avuga ko uyu mubare bizeye ko uzazana impinduka mu gukemura ibibazo by'abaturage.
Mu matora yo kuzuza abayobozi mu nzego z'uturere yabaye kuri uyu wa Gatanu, hatowe abagore 4 ku mwanya w'umuyobozi w'akarere. Ibi byatumye umubare w'abagore bayoboye uturere bagera ku 10 ku bayobozi 30, bivuze 30% by'abayobozi b'abagore bayoboye uturere.
Abaturage bavuga ko iyi ari intambwe nziza, kandi bakemeza ko bigiye
kuzana impinduka, kuko abagore bafite impano yo gukora byinshi mu gihe kimwe.
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Prof Shayaka Anastase
yemeza ko ibi bigiye kuzana impinduka mu mikorere, kuko abagore bazi
gukurikirana buri kintu, kandi bakagera ku musaruro.
Yagize ati ''Ubundi muri kamere muntu, abagore bakunda kumenya gukurikirana ibintu no kubyitaho no kureba utuntu duto duto bakadukurikirana, twiteteze rereo ko muri iki gihe turimo tugerageza kwinjira mu mwaka wa nyuma wa 2020, ko abari n'abategarugori bagiye kuzana ikibatsi gishya, mu mikorere y'inzego, kurushaho gukora neza, kurushaho kwegera abaturage, kurushaho gukurikirana izi gahunda zacu zo kwishakamo ibisubizo, kurushaho kubonera ibisubizo bitandukanye ibibazo abaturage bafite no kubikemura. Tubitezeho byinshi kandi twizeye ko bazaduha umusaruro.''
Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003, ryavuguruwe muri 2015, ritegenya ko mu nzego zifata ibyemeo, umubare w'abagore ugomba kuba byibuze 30%. Gusa ni ubwa mbere uyu mubare ugezweho mu nzego z'ubuyobozi bw'uturere.
Umugenzuzi Mukuru w'iyubahirirzwa ry'ihame ry'uburinganire n'ubuzuzanye hagati y'abagore n'abagabo, Rose Rwabuhihi, yemeza ko umuco wo kumva ko abagabo ari bo bayobozi ari wo akenshi utera izi nzitizi, gusa ngo uko abagore bagenda bajya mu nzego z'ubuyobozi kandi bakagaragaza ko bashoboye bizagenda bikemuka.
Imibare y'urwego rushinzwe kugenzura iyubahirirzwa ry'ihame ry'uburinganire n'ubuzuzanye hagati y'abagore n'abagabo igaragaza ko
Jeannette UWABABYEYI
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru