AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Min Shyaka avuga ko abagore bagiye kuzana impinduka mu nzego z'ibanze

Yanditswe Sep, 29 2019 12:36 PM | 16,112 Views



Ku nshuro ya mbere, umubare w'abagore mu buyobozi bw'uturere wageze kuri 30%, nk'uko biteganywa n'Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda. Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu avuga ko uyu mubare bizeye ko uzazana impinduka mu gukemura ibibazo by'abaturage.

Mu matora yo kuzuza abayobozi mu nzego z'uturere yabaye kuri uyu wa Gatanu, hatowe abagore 4 ku mwanya w'umuyobozi w'akarere.  Ibi byatumye umubare w'abagore bayoboye uturere bagera ku 10 ku bayobozi 30, bivuze 30% by'abayobozi b'abagore bayoboye uturere. 

Abaturage bavuga ko iyi ari intambwe nziza, kandi bakemeza ko bigiye kuzana impinduka, kuko abagore bafite impano yo gukora byinshi mu gihe kimwe.

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Prof Shayaka Anastase yemeza ko ibi bigiye kuzana impinduka mu mikorere, kuko abagore bazi gukurikirana buri kintu, kandi bakagera ku musaruro.

Yagize ati ''Ubundi muri kamere muntu, abagore bakunda kumenya gukurikirana ibintu no kubyitaho no kureba utuntu duto duto bakadukurikirana, twiteteze rereo ko muri iki gihe turimo tugerageza kwinjira mu mwaka wa nyuma wa 2020, ko abari n'abategarugori bagiye kuzana ikibatsi gishya, mu mikorere y'inzego, kurushaho gukora neza, kurushaho kwegera abaturage, kurushaho gukurikirana izi gahunda zacu zo kwishakamo ibisubizo, kurushaho kubonera ibisubizo bitandukanye ibibazo abaturage bafite no kubikemura. Tubitezeho byinshi kandi twizeye ko bazaduha umusaruro.''

Itegeko Nshinga rya Repubulika y'u Rwanda ryo muri 2003, ryavuguruwe muri 2015, ritegenya ko mu nzego zifata ibyemeo, umubare w'abagore ugomba kuba byibuze 30%. Gusa ni ubwa mbere uyu mubare ugezweho mu nzego z'ubuyobozi bw'uturere. 

Umugenzuzi Mukuru w'iyubahirirzwa ry'ihame ry'uburinganire n'ubuzuzanye hagati y'abagore n'abagabo, Rose Rwabuhihi, yemeza ko umuco wo kumva ko abagabo ari bo bayobozi ari wo akenshi utera izi nzitizi, gusa ngo uko abagore bagenda bajya mu nzego z'ubuyobozi kandi bakagaragaza ko bashoboye bizagenda bikemuka.

Imibare y'urwego rushinzwe kugenzura iyubahirirzwa ry'ihame ry'uburinganire n'ubuzuzanye hagati y'abagore n'abagabo igaragaza ko 

Jeannette UWABABYEYI 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira