Yanditswe Nov, 19 2021 18:53 PM | 77,459 Views
Kuri uyu wa Gatanu hashojwe amatora y’inzego z’ibanze, Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ikaba isaba abagize komite nyobozi z’uturere ndetse n’inama njyanama kuzarangwa n’ubufatanye hagamijwe icyateza imbere umuturage.
Aya matora yatangiye mu kwezi gushize yashyizweho akadomo hatorwa abagize ibiro by’inama njyanama ndetse na komite nyobozi z'uturere, bamwe mu baturage bagaragaza bimwe mu bibazo biri aho batuye bagasaba ko byabonerwa ibisubizo ariko kandi bakanizeza ubufatanye mu migendekere myiza y’imiyoborere mu turere batuyemo.
Ubusanzwe abagize komite nyobozi z'uturere batorerwa manda y'imyaka itanu, nta wemerewe kurenza manda 2 ni mu gihe inama njyanama yo itagira manda bamwe mu batorewe kuyobora uturere na za njyanama bashimira ababagiriye icyizere bakizeza ubufatanye hagamijwe iterambere rirambye.
Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianey avuga ko kuba abagize njyanama zuturere ari inararibonye, batanga icyizere ku mikorere myiza izabaranga avuga ko leta izababa hafi mu buryo bwose akabasaba gukorera umuturage batiganda.
Bimwe mu byavuguruwe mu miyoborere y'uturere, ni uko ubusanzwe akarere kagiraga umubare w'abajyanama bitewe n'imirenge ikagize.
Akarerere ka Gicumbi ni ko kagiraga benshi kuko bari 37 kuri kuri ubu ariko uturere twose dufite abajyanama 17.
Muri aya matora kandi hitawe ku ihame ryuburinganire kuko
umubare w'abagore wavuye kuri 41% ugera kuri 45.3% abagore bayoboye inama njyanama
bavuye kuri 2 bagera ku 10 ni mugihe abashinzwe iterambere ry’ubukungu mu
turere bavuye 2 bagera kuri 4.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru