AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Minisitiri Biruta aravuga ko u Rwanda rwiteguye kurinda ubusugire bwarwo

Yanditswe Jan, 26 2023 20:36 PM | 6,208 Views



Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta yijeje abadepite n'abanyarwanda muri rusange ko mu gihe leta ya Congo ikomeje ubushotoranyi, u Rwanda rwiteguye kurinda ubusugire bwarwo n'umutekano w'abarutuye.

Mu kiganiro cyagarukaga ku ishusho rusange y’umubano w’u Rwanda n’ibihugu byo mu karere,  minisitiri Biruta yagaragaje ishusho rusange y'umubano w'u Rwanda n'ibihugu byo mu karere avuka ko wifashe neza muri rusange uretse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite, ikaba nayo igiye gushyiraho komisiyo idasanzwe igamije gusesengura mu buryo bwimbitse ibibazo by'umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Ni mu gihe icyo gihugu cyimaze iminsi mu bikorwa by'ubushotoranyi ku Rwanda aho indege y'intambara yacyo imaze kuvogera ikirere cy'u Rwanda ubugira gatatu, ndetse mu mwaka ushize wa 2022 ingabo za Congo ari zo FARDC zifatanyije na FDLR zikaba nabwo zararashe ubugira gatatu ibisasu bikagwa ku butaka bw'u Rwanda bikangiza byinshi.

Ni nyuma kandi y'igitero cya FDLR cyo muri 2019 cyabereye mu Kinigi kigahitana ubuzima bw'abatari bake.

Leta ya Congo yumvikana akenshi itunga agatoki u Rwanda ko rufasha umutwe wa M23 yita uw'iterabwoba ikavuga ko abawugize baturutse mu Rwanda kandi ko bagomba gusubirayo.

Ni ibintu  Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Dr. Vincent Biruta yavuze ko bifite umuzi mu bukoloni ariko kandi hakiyongeraho na n'imiyoborere mibi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Minisitiri Biruta yijeje abadepite n'abanyarwanda muri rusange ko mu gihe leta ya Congo ikomeje ubushotoranyi, u Rwanda rwiteguye kurinda ubusugire bwarwo n'umutekano w'abarutuye.

Abadepite batanze ibitekerezo bagaragaza ko inteko ishinga amategeko yafata umwanzuro ku bibazo  biri mu mubano w’u Rwanda na RDC, ndetse  hagashyirwaho komisiyo y’abadepite yacukumbura byimbitse iby’iyi ngingo.

Aha Inteko ishinga amategeko umutwe w'abadepite yanzuye ko hashyirwaho komisiyo idasanzwe igamije gusesengura mu buryo bwimbitse ibibazo by'umutekano muke mu karere u Rwanda ruherereyemo ariko abayigize n'inshingano zirambuye zayo bikazatangazwa mu minsi iri imbere.

Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira