AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Dr Biruta yagiranye ibiganiro n’abayobozi mu Bwongereza barimo uw’Ubutabera

Yanditswe May, 20 2022 12:14 PM | 124,665 Views



Mu ruzinduko yari arimo mu Bwongereza, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta yagiranye ibiganiro n’abayobozi batandukanye muri iki gihugu, byibanze ku mibanire hagati y’ibihugu byombi.

Kuri uyu wa Gatanu, Dr Biruta yagiranye ibiganiro na Minisitiri ushinzwe Afurika, Vicky Ford byibanze ku myiteguro y’inama ya CHOGM igiye kubera mu Rwanda, ubufatanye mu bidukikije n’imihandagurikire y’ibihe.

Mu bandi bagiranye ibiganiro na Minisitiri Biruta harimo itsinda ry’Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko muri iki gihugu, ryari riyobowe na Minisitiri w’Ubutabera, Tom Pursglove.

Bimwe mu byo baganiriyeho harimo ubufatanye bw’ibihugu byombi mu bijyanye n’abimukira ndetse n’ubufatanye mu guteza imbere iterambere hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.

Uru ruzinduko rwasoje n’ibiganiro hagati ye n’intumwa yihariye mu by’ubukungu, Lord Popat mu bihugu birimo u Rwanda, Kenya, Uganda na RDC.

Baganiriye ku bufatanye mu by’ubucuruzi mu bijyanye n’ubuhinzi ndetse n’amahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda.

James Habimana



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura