Yanditswe May, 15 2022 14:31 PM | 65,661 Views
Kuri iki Cyumweru, i kigali hateraniye inama ihuza inzego zibanze, za minisiteri n’inzego ziri ku
rwego rw’igihugu aho barebera hamwe ibijyanye n’iterambere ry’ubukungu no kwiga
ku bibazo bibangamiye imibereho y’abaturage.
Ni inama ihurije hamwe bamwe mu bagize guverinoma, abayobozi b’Intara ndetse n’Uturere twose.
Atangiza iyi nama, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Gatabazi Jean Marie Vianney yagaragaje ko hari ibi bazo bakwiye kwigirwa hamwe bibangamiye imibereho y’abaturage birimo ibijyanye n’imishinga minini idindira kandi yakagiriye akamaro abaturage, ibibazo by’ingurane ku mitungo y’abaturage zitinda guhabwa abaturage bagasiragira, abacukura imicanga n’amabuye bigateza amasuri ku mitungo y’abaturage.
"Mu gihe dusigaje imyaka ibiri gusa ngo tugere ku musozo wa NST1, bidusaba kwisuzuma kenshi kugira ngo duhuze umuvuduko tugenderaho no kwesa imihigo ku bipimo twihaye nk’igihugu."
Muri iyi nama hitezwemo ibisubizo n’ingamba
zizafasha kuzamura igipimo cyo kwihaza mu biribwa, kuzamura igipimo
cy’ikoreshwa ry’inyongeramusaruro, kurushaho kwegera abahinzi n’aborozi no
kubaha ubumenyi mu byo bakora n’ibindi
Hari kandi kwihutisha ibipimo by’abaturage bagerwaho n’amazi, amashanyarazi, abakoresha gaz na rondereza zikoresha ibicanwa bike, ingamba zo gusigasira ibikorwa remezo, gukemura ibibazo by’ingurane n’ibindi.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana yavuze ko umubare munini w’abanyarwanda ukora ubuhinzi, bityo hagomba gushyirwa imbaraga mu kongera umusaruro kandi wujuje ubuziranenge.
Ibi ngo ntibyagerwaho hadashyizwe imbaraga muri gahunda ya Leta yo guhuza ubutaka kuko ngo n’inyongeramusaruro zizagera kubahinzi mu buryo bworoshye, ndetse uku kongera umusaruro bigakorwa no kubworozi aho amatungo akwiye kororwa mu buryo bwa kijyambere.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru