Yanditswe May, 27 2022 19:20 PM | 122,392 Views
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Huye, baravuga ko kuba ababo bishwe bari bashyinguye mu buryo butabaheshaga agaciro bimuriwe mu rwibutso rwa Rukira rw’uyu Murenge wa Huye, bibaruhuye imitima kandi bikaba bishubije abishwe agaciro.
Ni mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Huye ndetse no gushyingura mu cyubahiro imibiri yimuwe aho yari ishyinguye mu kagari ka Sovu, n’ahitwa ku Rukara kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Rukira rw’uyu murenge wa Huye.
Mukeshimana Consolee umwe mu barokokeye aha I Sovu, avuga ko ubwicanyi bwabereye aha i Sovu bwari indengakamere.
Nyamara aha i Sovu hari n’ikigo cy’abihayimana ngo bari bahahungiye bizeye kuhakirira birangira batereranywe na bamwe mu bihayimana barimo n’abayoboraga iki kigo, ubu banaciriwe imanza bakurikiranyweho iki cyaha.
Uhagarariye imiryango y'abashyinguye mu cyubahiro imibiri yimuwe ivanywe aha i Sovu n’i Rukara, Kabano Charles avuga ko kuba ababo baruhukiye ahantu habahesha icyubahiro mu rwibutso rw’umurenge wa Huye rwa Rukira, bibaruhuye imitima kuko ari ukubasubiza agaciro.
Umunyamabanga Uhoraho muri Miniteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Ingabire Assoumpta yanenze mu buryo bukomeye abatanga amakuru, avuga ko bigayitse kuba hashize imyaka 28 Abanyarwanda bigishwa kubana neza, nyamara hakaba hakiri bamwe bakinangira, banga gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri jenoside.
Kuri uyu munsi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri isaga 5000 mu rwibutso rw'Umurenge wa Huye rwa Rukira, ikaba isanga indi mibiri isaga ibihumbi 42000 isanzwe iharuhukiye.
Manzi
Claude
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru