AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Minisitiri Ingabire yanenze abakomeje kwinangira ntibatange amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri jenoside

Yanditswe May, 27 2022 19:20 PM | 122,025 Views



Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assoumpta yatangaje ko bigayitse kuba hashize imyaka 28 Abanyarwanda bigishwa kubana neza, nyamara hakaba hakiri bamwe bakinangira banga gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri jenoside yakorewe Abatutsi.

Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Huye, baravuga ko kuba ababo bishwe bari bashyinguye mu buryo butabaheshaga agaciro bimuriwe mu rwibutso rwa Rukira rw’uyu Murenge wa Huye, bibaruhuye imitima kandi bikaba bishubije abishwe agaciro.

Ni mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 28 jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Huye ndetse no gushyingura mu cyubahiro imibiri yimuwe aho yari ishyinguye mu kagari ka Sovu, n’ahitwa ku Rukara kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Rukira rw’uyu murenge wa Huye.

Mukeshimana  Consolee umwe mu barokokeye aha I Sovu, avuga ko ubwicanyi bwabereye aha i Sovu bwari indengakamere. 

Nyamara aha i Sovu hari n’ikigo cy’abihayimana ngo bari bahahungiye bizeye kuhakirira birangira batereranywe na bamwe mu bihayimana barimo n’abayoboraga iki kigo, ubu banaciriwe imanza bakurikiranyweho iki cyaha.

Uhagarariye imiryango y'abashyinguye mu cyubahiro imibiri yimuwe ivanywe aha i Sovu n’i Rukara, Kabano Charles avuga ko kuba ababo baruhukiye ahantu habahesha icyubahiro mu rwibutso rw’umurenge wa Huye rwa Rukira, bibaruhuye imitima kuko ari ukubasubiza agaciro.

Umunyamabanga Uhoraho muri Miniteri y'ubutegetsi bw'igihugu, Ingabire Assoumpta yanenze mu buryo bukomeye abatanga amakuru, avuga ko bigayitse kuba hashize imyaka 28 Abanyarwanda bigishwa kubana neza, nyamara hakaba hakiri bamwe bakinangira, banga gutanga amakuru y’ahakiri imibiri y’abishwe muri jenoside.

Kuri uyu munsi hashyinguwe mu cyubahiro imibiri isaga 5000 mu rwibutso rw'Umurenge wa Huye rwa Rukira, ikaba isanga indi mibiri isaga ibihumbi 42000 isanzwe iharuhukiye.

Manzi Claude 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir