AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Minisitiri Louise Mushikiwabo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Yanditswe Apr, 26 2016 09:56 AM | 3,030 Views



Ministre w’ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo uri mu ruzinduko rw’akazi muri US, yaraye atanze ikiganiro mu ishuli ryitwa The Elliott School of International Affairs, ni ishuli ryigisha ibijyanye n’ububanyi n’amahanga muri kaminuza yitiririwe George Washington, the George Washingtton University.

Ni ikiganiro cyagarutse ku mahirwe agaragara mu burasirazuba bwa Afrika bigendeye ku kwihuza kw’ibihugu byo mu karere, Ministre Louise Mushikiwabo yerekanye ko u Rwanda ruherereye muri Afrika yo hagati ndetse n’iy’ibirasirazuba, kandi ko kwishyira hamwe kw’ibihugu bifite inyungu nyinshi ku banyarwanda.

Yagize ati kwishyira hamwe n’abaturanyi bifasha mu gushaka uko iterambere ryakwihuta muri hamwe, byo kandi bisaba ubufatanye bwa bose ndetse n’ubushake bwa politike.

Ministre Louise Mushikiwabo kandi yagiranye ibiganiro na Senator Rounds Mike, Senateri wo muri leta ya Dakota y’amajyepfo, iminsi ishize nawe wari mu Rwanda, mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF