AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Minisitiri Ndagijimana yasabye ibihugu bya EAC gufata ingamba zihangana n’ingaruka za Covid19

Yanditswe Oct, 27 2021 20:29 PM | 54,806 Views



Mu gihe isi ikomeje guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid19, Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr.Uzziel Ndagijimana yasabye ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y'Iburasirazuba kugira uburyo n’ingamba zihuriweho, zo gukomeza kurwanya no guhangana n’ingaruka z’icyo cyorezo no kuzahura ubukungu bwasubiye inyuma.

Ibi byagarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru nyuma yo gufungura inama y’akanama k’ubukungu bwa Afurika, UNECA ihuza impuguke n’abayobozi bafata ibyemezo muri za leta zibarizwa mu gashami k’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, ECA.

Minisitiri Ndagijimana yavuze ko mbere yo gutekereza ku byazamura ishoramari mu bihugu byo mu karere mu rwego rwo kuzahura ubukungu bwazahajwe n’icyorezo cya COVID19, ibihugu byo mu karere bikwiye kunoza ishoramari mu rwego rw’ubuzima mu rwego rwo guhashya iki cyorezo no kuzamura ubwirinzi ku bindi byorezo byazatera.

Yavuze kandi ko ibihugu byo mu karere bikwiye guhuriza hamwe ingamba zibifasha kubyaza umusaruro isoko rusange rya Afurika.

Dr. Mama Keita ukuriye UNECA muri Afurika y’Iburasirazuba yavuze ko ikigenderewe by’umwihariko, ari ukugira uruhererekane rwo kubyaza no kongerera agaciro ubwoko butandukanye bw’ibicuruzwa na serivisi muri ibi bihugu bigera  kuri 14 bibarizwa muri ECA, hashingiwe ku bikenerwa mu masoko yo muri ibyo bihugu no hanze yabyo.

Yavuze ko ibi byose byajyana no guhuza ingamba zijyanye n’umutekano nk’inkingi iganisha ku gukurura ishoramari no kuzamura iterambere ry’ubukungu.

Ruziga Emmanuel Masantura



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama