AGEZWEHO

  • Rutsiro: Miliyari 2 zigiye gukoreshwa mu gusana umuhanda Kivu Belt – Soma inkuru...
  • Gicumbi: Abantu 7 bakubishwe n'inkuba umwe arapfa – Soma inkuru...

Minisitiri Uwamariya yashimye uruhare rwa Rwanda Polytechnic mu iterambere ry’igihugu

Yanditswe May, 31 2023 16:46 PM | 158,390 Views



Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine arashima uruhare ishuri rikuru ry’u Rwanda ry’ubumenyi-ngiro Rwanda Polytechnic rukomeje kugira mu iterambere ry’igihugu, binyuze mu burezi ritanga.

Yabigarutseho mu birori byo gutanga ku mugaragaro impamyabumenyi ku basaga 2 800 basoje amasomo muri Rwanda Polytechnic.

Yavuze ko iri shuri ritanga umusanzu ukomeye mu kuziba icyuho cy’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo mu Rwanda mu nzego z’imirimo zitandukanye. 

Ishuri rikuru ry’u Rwanda ry’ubumenyi-ngiro Rwanda Polytechnic kuri uyu wa Gatatu rikaba ryaramukiye mu birori byo gutanga impamyabumenyi ku basaga 2 800 basoje amasomo yabo muri iri shuri.

Abahawe impamyabumenyi zabo ku mugaragaro ni abigaga muri za koleji z’iri shuri ziri hirya no hino mu gihugu zigera ku 8 zose zizwi nka IPRCs.

Izo ni iya Gishari, Huye, Kigali, Musanze, KarongI, Tumba, Ngoma na Kitabi.


Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Brig.Gen Rwivanga yasabye abiga muri RICA gusigasira ibyo u Rwanda rwagezeho

General Gatsinzi Marcel yashyinguwe

Ingabo za Congo zongeye kurasa ku butaka bw'u Rwanda

U Rwanda rwamaganye amakuru avuga ko RDF ifasha abarwanya FARDC

Abayobozi b'inzego z'ubuzima mu ngabo zo muri EAC mu nama ku bufatanye

Perezida Kagame yashimye inzego z'umutekano ku bwitange zagaragaje muri 202

RDF yatangaje ko ntaho ihuriye n'ibikorwa by'abahoze ari abarwanyi ba

Col Karuretwa yagizwe Brig General, anagirwa umuyobozi muri RDF