AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri Uwamariya yashimye uruhare rwa Rwanda Polytechnic mu iterambere ry’igihugu

Yanditswe May, 31 2023 16:46 PM | 158,471 Views



Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine arashima uruhare ishuri rikuru ry’u Rwanda ry’ubumenyi-ngiro Rwanda Polytechnic rukomeje kugira mu iterambere ry’igihugu, binyuze mu burezi ritanga.

Yabigarutseho mu birori byo gutanga ku mugaragaro impamyabumenyi ku basaga 2 800 basoje amasomo muri Rwanda Polytechnic.

Yavuze ko iri shuri ritanga umusanzu ukomeye mu kuziba icyuho cy’ubumenyi bukenewe ku isoko ry’umurimo mu Rwanda mu nzego z’imirimo zitandukanye. 

Ishuri rikuru ry’u Rwanda ry’ubumenyi-ngiro Rwanda Polytechnic kuri uyu wa Gatatu rikaba ryaramukiye mu birori byo gutanga impamyabumenyi ku basaga 2 800 basoje amasomo yabo muri iri shuri.

Abahawe impamyabumenyi zabo ku mugaragaro ni abigaga muri za koleji z’iri shuri ziri hirya no hino mu gihugu zigera ku 8 zose zizwi nka IPRCs.

Izo ni iya Gishari, Huye, Kigali, Musanze, KarongI, Tumba, Ngoma na Kitabi.


Divin Uwayo



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama