Yanditswe Nov, 24 2021 20:21 PM | 75,299 Views
Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yakiriye mu biro bye umuyobozi uhagarariye banki y'isi, Keith Hansen mu bihugu by' u Rwanda, Kenya, Uganda na Somalia.
Uyu muyobozi yashimye uburyo u Rwanda rwitwaye muri gahunda zigamije guhangana n'icyorezo cya Covid-19, ndetse n'ingamba igihugu cyafashe zigamije kuzahura ubukungu.
Yavuze ko banki y'isi izakomeza gushyigikira ibikorwa by'iterambere ry'u Rwanda nkuko
bisanzwe, mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n'uburezi.
Yagize ati "Twagiranye ibiganiro byiza cyane bijyanye n'uburyo u Rwanda rwitwaye mu bihe bikomeye bya Covid-19, ndetse n'uburyo igihugu gishobora kongera gusubira ku muvuduko w'iterambere cyarimo mbere, tuzakomeza gushyikira igihugu muri gahunda zitandukanye z'ishoramari n'impinduka zikenewe mu byiciro bitandukanye."
'Inzira igihugu cyarimo mbere ya Covid19 yari nziza icyorezo gikoma mu nkokora gahunda y'ibikorwa yari iteganyijwe, ariko igihugu cyabyitwayemo neza, kandi twizeye ko umubare w'abakingirwa
uzakomeza kwiyongera igihugu kikongera inzira y'iterambere harebwa amahirwe
ahari n'amasomo make yavanwa muri iki cyorezo."
Minisitiri w'Imari n'igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko Banki y'isi ari umwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu iterambere ry'igihugu.
Kwizera John Patrick
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru