AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye uhagarariye Banki y'Isi mu bihugu birimo u Rwanda

Yanditswe Nov, 24 2021 20:21 PM | 75,299 Views



Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente yakiriye mu biro bye umuyobozi uhagarariye banki y'isi, Keith Hansen mu bihugu by' u Rwanda, Kenya, Uganda na Somalia. 

Uyu muyobozi yashimye uburyo u Rwanda rwitwaye muri gahunda zigamije guhangana n'icyorezo cya Covid-19, ndetse n'ingamba igihugu cyafashe zigamije kuzahura ubukungu. 

Yavuze ko banki y'isi izakomeza gushyigikira ibikorwa by'iterambere ry'u Rwanda nkuko bisanzwe, mu nzego zitandukanye zirimo ubuhinzi n'uburezi.

Yagize ati "Twagiranye ibiganiro byiza cyane bijyanye n'uburyo u Rwanda rwitwaye mu bihe bikomeye bya Covid-19, ndetse n'uburyo igihugu gishobora kongera gusubira ku muvuduko w'iterambere cyarimo mbere, tuzakomeza gushyikira igihugu muri gahunda zitandukanye z'ishoramari n'impinduka zikenewe mu byiciro bitandukanye."

'Inzira igihugu cyarimo mbere ya Covid19 yari nziza icyorezo gikoma mu nkokora gahunda y'ibikorwa yari iteganyijwe, ariko igihugu cyabyitwayemo neza, kandi twizeye ko umubare w'abakingirwa uzakomeza kwiyongera igihugu kikongera inzira y'iterambere harebwa amahirwe ahari n'amasomo make yavanwa muri iki cyorezo."

Minisitiri w'Imari n'igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko Banki y'isi ari umwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu iterambere ry'igihugu.


Kwizera John Patrick



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura