AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe asanga urubyiruko rwa Afurika rukwiye gukundishwa ubuhinzi

Yanditswe Aug, 07 2019 09:10 AM | 8,875 Views



Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda Dr Edouard Ngirente arasaba abitabiriye inama y'iminsi ibiri ku kwihaza mu biribwa muri Afurika kwirinda ko imyanzuro bahafatiye ko iguma mu magambo gusa ahubwo ishyirwe mu bikorwa kugira ngo ikibazo cy'inzara yazahaje umubare munini wabatuye uyu mugabane kibonerwe umuti urambye.

Ikibazo cy'inzara ku batuye Afurika no gushakisha umuti wacyo, inama y'iminsi 2 ishojwe abasaga 250 baturutse hirya no hino ku isi biyemeje gushyira imbaraga zabo hamwe kugira ngo uyu mugabane ubone ibiribwa bihagije.

Minisitiri w'Intebe w'u Rwanda Dr Edouard Ngirente avuga ko urubyiruko rugize 60% by'abaturage ba Afurika bagomba gukundishwa ubuhinzi nkuko mu Rwanda byatangiye kumera.

Ati “Mu myaka 15 ishize ntiwashoboraga kubona umu engeniyeri muto ajya gukora ubuhinzi ariko ubu dufite umubare munini wabo kandi barishimye ko barimo gukorera amafaranga. Ariko byasabye ko tubanza kubereka ko ubu ari ubucuruzi bwiza mu Rwanda none ubu dufite abasaga 600 baba engeniyeri bakiri bato mu makoperative y'ubuhinzi ndetse nta nubwo barimo gusaba akazi ahubwo barimo kwihangira imirimo ubwabo.”


Olusegun Obasanjo wigeze kuyobora igihugu cya Nigeria mu myaka isaga 12 ishize asanga hagomba kuba ubufatanye hagati y'abashakashatsi, abahinzi n'abaguzi.

Minisitiri w'Intebe w'U Rwanda yifuje ko ibyahavugiwe byazashyirwa mu bikorwa.

Umuyobozi Mukuru w'Ungirije w'Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe ubuhinzi n'ibiribwa ku isi Maria Helena Semedo arishimira ibyavuye muri iyi nama y'iminsi 2 yaberaga i Kgali.

Muri Afurika 30% by'abana barangwingiye bitewe n'ikibazo cy'imirire mibi. 2.3% by'ingengo y'imari muri Afurika ni yo ishyirwa mu buhinzi gusa, ndetse ibiribwa byangirika igihe cyo gusarura bigera kuri tone miliyoni  buri mwaka ni ukuvuga ko bingana n’asaga miliyoni 100 z'amadorali.

Uyu mugabane ukaba utakaza miliyoni 670 z'amadorali buri mwaka bitewe n'ubumara bwa Afflotoxin bwinjira mu myaka igihe cyo gusarura.

Bosco KWIZERA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira