AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Minisitiri w’Intebe yasabye Abanyarwanda gukora cyane ngo ubukungu buzamuke

Yanditswe Aug, 02 2019 13:27 PM | 8,697 Views



Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wifatanyije n’abitabiriye umuhango wo kwizihiza umuganura i Nyanza mu majyepfo y’Igihugu yasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho gukora cyane kugira ngo ubukungu bw’Igihugu burusheho kuzamuka.

Kuri Stade y’Akarere ka Nyanza ni ho imbaga y’abanyarwanda yahazindukiye kuri uyu wa Gatanu bizihiza umunsi w’umuganura waranzwe n’ibirori byiganjemo iby’umuco nyarwanda nk’imbyino, imikino n’ibindi.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ari kumwe n’abandi bayobozi bahaye abana amata nk’ikimenyetso cy’ubuyobozi bwiza ndetse n’icya kibyeyi.

Hashimiwe kandi uturere twabaye indashyikirwa mu kugera ku musaruro ushimishije binajyanye n’igisobanuro nyacyo cy’umuganura cyo kwishimira umusaruro uba waragezweho.

Akarere ka Nyagatare kahize utundi ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi na ho Rwamagana ihiga utundi turere ku musaruro ukomoka ku mitangire myiza ya serivisi.

Akarere ka Gasabo kashimiwe  umusaruro ukomoka ku nganda na ho Rubavu ihinga utundi ku musaruro ukomoka ku bucuruzi.


Muri uyu muhango kandi hashimiwe imiryango itatu, yaganujwe ihabwa inka isabwa kuzaganuza abandi mu gihe izi nka zizaba zororotse.

Dr Edouard Ngirente yasobanuye umuganura nk’umwanya wo gusubiza amaso inyuma no kureba ibyagezweho aha aratanga urugero rw’ibyagezweho mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi nk’urwego rutunze umubare munini w’Abanyarwanda.

Minisitiri w’intebe kandi agaragaza ko umuganura ari n’umwanya wo kureba imbere no gukora cyane mu kuzamura ubukungu bw’umuturage ku giti cye n’ubw’igihugu muri rusange aha araha ubutumwa abakiri bato.

Umunsi w’umuganura kuri iyi nshuro ufite insanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.

Uretse  mu Rwanda n’Abanyarwanda batuye mu mahanga mu bihe bitandukanye bafata umwanya bakizihiza uyu munsi bishimira ibyo bagezeho ndetse n’uruhare rwabo ku iterambre ry’Igihugu.

Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura