Yanditswe Aug, 02 2019 13:27 PM | 8,697 Views
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente wifatanyije n’abitabiriye umuhango wo kwizihiza umuganura i Nyanza mu majyepfo y’Igihugu yasabye Abanyarwanda muri rusange kurushaho gukora cyane kugira ngo ubukungu bw’Igihugu burusheho kuzamuka.
Kuri Stade y’Akarere ka Nyanza ni ho imbaga y’abanyarwanda yahazindukiye kuri uyu wa Gatanu bizihiza umunsi w’umuganura waranzwe n’ibirori byiganjemo iby’umuco nyarwanda nk’imbyino, imikino n’ibindi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ari kumwe n’abandi bayobozi bahaye abana amata nk’ikimenyetso cy’ubuyobozi bwiza ndetse n’icya kibyeyi.
Hashimiwe kandi uturere twabaye indashyikirwa mu kugera ku musaruro ushimishije binajyanye n’igisobanuro nyacyo cy’umuganura cyo kwishimira umusaruro uba waragezweho.
Akarere ka Nyagatare kahize utundi ku musaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi na ho Rwamagana ihiga utundi turere ku musaruro ukomoka ku mitangire myiza ya serivisi.
Akarere ka Gasabo kashimiwe umusaruro ukomoka ku nganda na ho Rubavu ihinga utundi ku musaruro ukomoka ku bucuruzi.
Muri uyu muhango kandi hashimiwe imiryango itatu, yaganujwe ihabwa inka isabwa kuzaganuza abandi mu gihe izi nka zizaba zororotse.
Dr Edouard Ngirente yasobanuye umuganura nk’umwanya wo gusubiza amaso inyuma no kureba ibyagezweho aha aratanga urugero rw’ibyagezweho mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi nk’urwego rutunze umubare munini w’Abanyarwanda.
Minisitiri w’intebe kandi agaragaza ko umuganura ari n’umwanya wo kureba imbere no gukora cyane mu kuzamura ubukungu bw’umuturage ku giti cye n’ubw’igihugu muri rusange aha araha ubutumwa abakiri bato.
Umunsi w’umuganura kuri iyi nshuro ufite insanganyamatsiko igira iti “Umuganura, isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira.
Uretse mu Rwanda n’Abanyarwanda batuye mu mahanga mu bihe bitandukanye bafata umwanya bakizihiza uyu munsi bishimira ibyo bagezeho ndetse n’uruhare rwabo ku iterambre ry’Igihugu.
Paul RUTIKANGA
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru