AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Minisitiri w'Intebe yashoje ukwezi kwahariwe iterambere ry'umugore

Yanditswe Mar, 30 2019 13:07 PM | 3,123 Views



Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard NGIRENTE asanga uburinganire n'ubwuzuzanye hagati y'abagabo n'abagore buzakomeza kuba inkingi ya mwamba kugirango u Rwanda rugere ku cyerekezo rwihaye.

Ubwo yasozaga ukwezi kwahariwe iterambere ry'umugore ku rwego rw'igihugu, Minisitiri w'Intebe Dr. Edouard Ngirente yongeye gushimangira ubushake bwa Guverinoma y'u Rwanda mu kurushaho kwimakaza ihame ry'uburinganire n'ubwuzuzanye hagati y'abagabo n'abagore mu nzego zose, nk'uko  igihugu cyahisemo Politiki n'iterambere ritagira n'umwe riheza. Aha yashimangiye ko igihugu kitagera ku ntego zacyo ngo kibashe kurandura bimwe mu bibazo bikibangamiye umuryango nyarwanda n'iterambere ryawo muri rusange abagabo n'abagore batabigizemo uruhare.


Muri uyu muhango wo gusoza ukwezi kwahariwe iterambere ry'umugore, byagaragajwe ko kubahiriza ihame ry'uburinganire hagati y'abagabo n'abagore bikomeje gutera intambwe ko kandi umusaruro ugaragara.

Nko mu rwego rw'imiyoborere, hashimwe ko imibare y'abari mu nzego zifata ibyemezo nka guverinoma ari 50% naho mu nteko ishinga amategeko ikaba irenga 60%, gusa ngo hakaba hakigaragara icyuho mu nzego z'ibanze n'iz'abikorera.


Mu bukungu, abari muri uyu muhango bishimiye ko umubare w'abagore bakora n'ibigo by'imari ugeze kuri 63%, mu gihe 24% by'ubutaka bufitwe n'abagore naho 58.3% bukaba bufite n'imiryango y'abashakanye, ni ukuvuga umugabo n'umugore. Mu bijyanye n'imirimo, mu buhinzi abagore bihariye 39.5%, mu nganda bakaba 18.8%, muri serivisi ni 41.7% mu gihe mu bwubatsi ari 14.6%. Minisitiri w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango Solina Nyirahabimana, avuga icyumweru cyahariwe umugore gisize hari byinshi bikozwe.

Ukwezi kwahariwe iterambere ry'umugore gusojwe nyuma yaho tariki 8 Werurwe hizihijwe umunsi mpuzamahanga w'umugore, ku rwego rw'igihugu ukaba warizihirijwe mu karere ka Nyamasheke ku nsanganyamatsiko igira iti:"Dufatane urunana, abagabo n'abagore, twubake umuryango utekanye".



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama