Yanditswe Sep, 26 2016 14:10 PM | 1,692 Views
Ministiri ushinzwe Afrika mu ishami ry’iterambere mpuzamahanga ry'u Bwongereza, DFID bwana James Wharton yatangiye uruzinduko mu Rwanda.
BIteganyijwe ko ari busure karere ka Musanze aho asura umushinga
ujyanye no gufasha abaturage mu bijyanye no kwiteganyiriza. Uyu mu ministiri mushya kuri uyu mwanya akaba ashima iterambere u Rwanda rumaze kugeraho mu
myaka irenga 20 ishize.
Ministiri Wharton ubusanzwe ugenzura iterambere ry’inkunga zigenerwa Afurika, avuga ko Ubwongereza n’u Rwanda bifitanye ubufatanye bwihariye kuva mu myaka irenga 20 ishize, aho Ubwongereza bwishimira kuba bugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda kandi ko buzakomeza muri uwo murongo, bufasha u Rwanda mu nzira y’iterambere rurimo no kugabanya ubukene mu gihugu.
Bisobanurwa ko muri iyi myaka ishize, Ubwongereza bwafashije mu kuvana mu Bukene abaturage barenga miliyoni imwe n’igice, kandi ko hagati y’umwaka wa 2011 na 2015 bwagize uruhare mu gufasha abaturage bagera kuri miliyoni eshatu na 800 kwandikisha ubutaka bwabo.
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
26 minutes
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Abanyamategeko 188 barangije amasomo y'Ubuhuza basabwe kugabanya umubare w'Imanza mu Nkiko
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Bugesera: Abaturage basaga ibihumbi 40 bahawe amazi meza
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Leta yatangiye kubarura inyubako zayo zidakorerwamo kugira ngo zibyazwe umusaruro
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Asaga miliyari 417 Frw yashyizwe muri gahunda zo gufasha abarokotse Jenoside mu myaka 30
Mar 27, 2024
Soma inkuru
Haba hari umuti urambye wa gatanya zishingiye ku mitungo?
Mar 27, 2024
Soma inkuru