Yanditswe Dec, 08 2017 16:54 PM | 4,881 Views
Minisitiri w'intebe Dr. Edouard Ngirente arasaba urubyiruko gufata iya
mbere mu bikorwa byose byo guhashya ruswa kugira ngo U Rwanda rube igihugu
kizira ruswa. Ibi yabivuze kuri uyu wa gatanu, ubwo yasozaga icyumweru
cyahariwe kurwanya ruswa ari nabwo hizihijwe umunsi mpuzamahanga wo ku rwanya
ruswa.
U Rwanda rumaze gutera intambwe ikomeye mu kurwanya ruswa, aho icyegeranyo kigaragaza uburyo ruswa irwanywa muri Afurika y'Uburasirazuba (EABI) cyo muri 2017 gishyira u Rwanda ku mwanya wa 3 muri afurika yo munsi y'ubutayu bwa Sahara mu bihugu byashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya ruswa.
Nubwo hari intambwe yatewe ariko, haracyari inzego zinyuranye zikirangwamo ruswa, ndetse n'abaturage bakaba nta bushake buhagije bafite mu gutanga amakuru kuri ruswa, aho icyegeranyo cyakozwe na TI-Rwanda cyagaragaje ko muri 2016, abaturage bangana na 15,4% aribo bafite ubwo bushake, bavuye kuri 19% muri 2011.
Minisitiri w'intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko uruhare rwa buri wese kugira ngo tugere ku gihugu kizira ruswa rukenewe, by'umwihariko asaba urubyiruko gufata iya mbere.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru