AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Ministiri w'ubutabera wa Maroc yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Yanditswe Jan, 20 2019 22:18 PM | 97,396 Views



Ministiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Mohmed Au AJJAR, uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda, ari kumwe n'ambasaderi w'icyo gihugu cya Maroc mu Rwanda hamwe n'Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y'igihugu yo kurwanya Jenoside Dr. Jean Damascène Bizimana basuye urwibutso rwa jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Minisitiri Au AJJAR yasobanuriwe imiterere y'ubumwe bw'abanyarwanda mbere y'ubukoloni n'uko bwaje guhungabanywa n'abakoroni ndetse n'ubutegetsi bwagiye busimburana kugeza ubwo habaye jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Minisitiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Maroc, yavuze ko gusura urwibutso rwa jenoside nk'uru bitanga umwanya wo gutekereza ibihe bikomeye u Rwanda rwanyuzemo, ariko bikanatanga isomo ku kongera kwiyubaka no kubaka ubumwe bw'abenegihugu hirindwa ko jenoside itazasubira ukundi:

Minisitiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Maroc, avuga ko n'ubwo hari ibyakozwe mu rwego rw'ubutabera, ngo umuryango mpuzamahanga ugomba gukomeza guhagurukira abakoze ibyaha bya jenoside bakabihanirwa. Ati, ''Umuryango mpuzamahanga ugomba gukomeza guhagurukira kugira ngo abakoze ibyaha bya jenoside bashyikirizwe ubutabera. Nkeka ko mu muryango mpuzamahanga hari ibyakozwe nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi. Amategeko mpuzamahanga ahana ibyo byaha yashyizweho, abanyamategeko, abanyamateka n'abanyamashinzw egufata ibyemezo, bagomba gukomeza kurwanya ubudahana.'' 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize