Yanditswe Jan, 20 2019 22:18 PM | 97,396 Views
Ministiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Mohmed Au AJJAR,
uri mu ruzinduko rw'akazi mu Rwanda, ari kumwe n'ambasaderi w'icyo gihugu cya
Maroc mu Rwanda hamwe n'Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y'igihugu yo
kurwanya Jenoside Dr. Jean Damascène Bizimana basuye urwibutso rwa jenoside rwa
Kigali ruri ku Gisozi.
Minisitiri Au AJJAR yasobanuriwe imiterere y'ubumwe bw'abanyarwanda mbere y'ubukoloni n'uko bwaje guhungabanywa n'abakoroni ndetse n'ubutegetsi bwagiye busimburana kugeza ubwo habaye jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Maroc, yavuze ko gusura urwibutso rwa jenoside nk'uru bitanga umwanya wo gutekereza ibihe bikomeye u Rwanda rwanyuzemo, ariko bikanatanga isomo ku kongera kwiyubaka no kubaka ubumwe bw'abenegihugu hirindwa ko jenoside itazasubira ukundi:
Minisitiri w'ubutabera w'Ubwami bwa Maroc Maroc, avuga ko n'ubwo hari ibyakozwe mu rwego rw'ubutabera, ngo umuryango mpuzamahanga ugomba gukomeza guhagurukira abakoze ibyaha bya jenoside bakabihanirwa. Ati, ''Umuryango mpuzamahanga ugomba gukomeza guhagurukira kugira ngo abakoze ibyaha bya jenoside bashyikirizwe ubutabera. Nkeka ko mu muryango mpuzamahanga hari ibyakozwe nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi. Amategeko mpuzamahanga ahana ibyo byaha yashyizweho, abanyamategeko, abanyamateka n'abanyamashinzw egufata ibyemezo, bagomba gukomeza kurwanya ubudahana.''
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru