AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Mu Rwanda hagiye gutangira ishuri ryigisha gutwara indege

Yanditswe Jul, 05 2019 09:18 AM | 16,179 Views



Mu Rwanda hagiye gutangizwa ishuri ryigisha gutwara no gukanika indege ndetse n'indi mirimo ijyana na byo. Iri shuri rizabaho ku bufatanye bw'ikigo Akagera Aviation n'ikigo Nexus Holding Group cyo muri Saudi Arabia.

Amasezerano y'ubufatanye mu gutangiza ishuri ryo muri urwo rwego agaragaza ko ikigo Nexus Group kizaba gifite imigabane ingana na 60% mu gihe ikigo Akagera Aviation cyo kizaba gifite 40%.

Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makoro avuga ubusanzwe hari ikibazo cy'ubuke bw'inzobere zo muri uru rwego mu gihe nyamara Rwandair igenda yagura amarembo

Yagize ati ''Uko Rwandair igenda yaguka, twagura n'ingendo hirya no hino ku isi ni na ko dukenera abapilote. Kandi kimwe mu biduhenda ni ukubona inzobere mu gutwara indege n'indi mirimo yijyana n'ibyo ndege. Kwigisha Abanyarwanda gutwara indege rero, kandi bakigishirizwa mu gihugu, tubibonamo inyungu.''

Umuyobozi wa Nexus Group, Abdullah Al-Sayed we avuga ko akurikije amahugurwa yatanzwe ahantu hatandukanye, bitanga icyizere ko akazi kazagenda neza.

Ati ''Twageze ku ntego ubwa twatangaga inyigisho nk'izi mu burasirazuba bwo hagati ndetse binagenda neza ubwo twahuguraga mu Bushinwa. Tugendeye ku burambe, ibikoresho n'abakozi dufite, ibyo bidushyira ku rwego mpuzamahanga kandi bikarekana ireme ry'inigisho tuzatanga muri iki gihugu.''

Biteganyijwe ko amasomo y'iryo shuri azatangira mu mezi 6 ari imbere ku buryo mu myaka 5 hazaba habonetse abize gutwara indege bagera kuri 370 n'aba ingénieurs mu gukanika indege 376 hamwe n'abandi bakozi basaga 1000 bazobereye mu mirimo itandukanye y'indege.

Minisitiri w'Ibikorwa Remezo, Amb Claver Gatete avuga ko iri shuri rije ari igisubizo k'u Rwanda kuko rizatuma haboneka inzobere zikenewe kandi gukanika indege bijye bikorerwa mu gihugu.

Yagize ati “''Abapilote bakenewe kugira ngo bigishwe ku bijyanye n'indege z'ubwoko bwose Boeing, airbus). Aho bisaba umwanya munini wo kubigisha. Ubu akenshi twakoreshaga abanyamahanga bikaduhenda cyane. Iri shuri rizaba icyitegererezo ritazafasha u Rwanda gusa, ahubwo n'ibindi bihugu biri muri transiporo y'indege. Ikindi ni uko kwigishiriza hanze abanyeshuri biraduhenda, ariko bizatuma n'indege tuzajya tuzinkanikira mu Gihugu.''

John Bicamumpaka




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira