AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Mu Rwanda hazubakwa Ibiro by'ihuriro ry'amakoperative ry'Afurika y'Iburasirazuba

Yanditswe Oct, 18 2019 17:20 PM | 31,935 Views



Mu Rwanda ni ho hagiye kubakwa icyicaro cy'ihuriro ry'amakoperative gishinzwe Afurika y'Iburasirazuba. Perezida w'Ihuriro ry' ku Isi, Dr. Ariel Guarco ni we wagejeje kuri Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente iki cyifuzo na we amushimira icyizere bagiriye u Rwanda.

Perezida w'Ihuriro ry'Amakoperative ku Isi 'International Cooperative Alliance', Dr. Ariel Guarco mbere yo kuva mu Rwanda yahuye na Minisitiri w'intebe Dr Edouard Ngirente amugezaho imyanzuro yafatiwe muri iri huriro.

Yamubwiye ko muri iri huriro baganiraga ku cyakorwa kugira ngo koperative zibashe guteza imbere ibihugu bitandukanye ndetse no kurushaho kuzamura imibereho y'abanyamuryango b'izo koperative.

Dr Chiyoge Buchekabiri Sifa, Umuyobozi mukuru w'Ihuriro ry' amakoperative muri Afurika yavuze ku zindi ngingo zaganiriweho n'aba bayobozi bombi.

Yagize ati ''Twaganiriye ku ngingo zitandukanye zose zireba uruhare rw'amakoperative mu iterambere hano mu Rwana n'ahandi ku isi. Twanagarutse ku mpamvu yatumye u Rwanda rutoranywa muri Afurika, iya mbere ni uko inama yavugaga ku makoperative mu iterambere, iya kabiri ni uko birenga n'iterambere ahubwo bikaba uburyo bwo guteza imbere imibanire y'abantu kandi u Rwanda ni urugero rwiza ku Isi rw'uburyo amakoperative yabashije kongera guhuza abantu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi bakongera kwiteza imbere.''

Minisitiri w'Ubucuruzi n'Inganda, Hakuziyaremye Soraya avuga ko aba bayobozi banashimye uburyo u Rwanda rwakiriye abitabiriye iri huriro, ndetse banageza kuri Minisitiri w'Intebe icyifuzo cyo gushyira mu Rwanda icyicaro cy'amakoperative cy'aka karere u Rwanda ruherereyemo ka Afurika y’iburasirazuba

Yagize ati ''Banamusabye ko u Rwanda rwaba igihugu cyakwakira ibiro by'ihuriro ry'amakoperative muri Afurika y'Iburasirazuba, bakaba banashaka ko ibyo biro byaba icyitegererezo cy'ibyo amakoperative akora mu rwego rw'ubuhinzi. Minisitiri w'Intebe akaba yishimiye icyo gitekerezo kuba banabona ko u Rwanda ari igihugu gishoboye kwakira ibyo biro tukaba tugiye gukorana nabo kugira ngo twihutishe icyo cyifuzo cyabo.''

Dr. Ariel Guarco yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda aho yari yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’amakoperative riherutse guhuriza mu Rwanda abasaga 1,360 bo mu bihugu 95 byo ku Isi.

Mu minsi itatu iri huriro ryamaze uhereye tariki 15 z'uku kwezi kwa 10 bareberaga hamwe uburyo amakoperative yarushaho guteza imbere abanyamuryango bayo nta n'umwe usigaye inyuma.

Iri huriro ni ku nshuro ya kabiri ryari ribereye muri Afurika kuko ryaherukaga mu 2013 ubwo ryaberaga muri Afurika y’Epfo.

Paul RUTIKANGA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize