AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Muri Gicumbi harimo kubakwa umudugudu uzafata amazi yose y’imvura azaturuka kuri izo nzu

Yanditswe Jan, 21 2023 20:58 PM | 5,943 Views



Inzobere mu bwubatsi zisobanura ko gahunda yo kubaka imidugudu ikwiye kujyana no kunoza uburyo bwo gufata amazi aturuka nzu ziri muri iyo mudugudu kuko usibye kwirinda ko ayo mazi yatera isuri, ngo aya mazi yajya yifashishwa mu bikorwa bitandukanye by’abatuye muri iyi midugudu.

Mu murenge wa Kaniga w’Akarere ka Gicumbi harimo kubakwa umudugudu wateganijwemo gufata amazi yose y’imvura azaturuka kuri izo nzu.

Ni umudugudu urimo kubakwa mu mu mpinga y’umusozi mu kagari ka Mulindi aho uzatuzwamo imiryango 60 izakurwa mu manegeka. Gusa ubwinshi bw’inzu zubakwa muri gahunda y’imidugudu ituzwamo abantu benshi, bukunze kujyana no kurekura amazi menshi aturuka muri izi nzu igihe atafashwe.

Hafi y’izi nzu harubakwa ibigega 6 bya rutura, aho buri kimwe gifite ubushobozi bwo kwakira meterocube 100 z’amazi.

Inzu zirimo kubakwa zirimo ibyiciro binyuranye kuko harimo izigeretse n’izitageretse, kandi hakabamo izifite ibyumba 3 cyangwa 2 bitewe n’umuryango izakira. Hirya no hino ahagenda hubakwa imidigudu ituzwamo abantu benshi, ni nako amazi aturukamo yiyongera akaba yateza ibibazo by’isuri.

Abakurikirana ibikorwa by’uyu mushinga bavuga ko kugira ibigega bifata amazi yose ava mu mudugudu bazanafasha mu bikorwa byo kuhira imirima y’igikoni izashyirwa muri uyu mudugudu.

Akarere  ka Gicumbi kagizwe ahanini n’imisozi miremire ikunze kuba imvano y’isuri bikanateza inkangu inangiza byinshi birimo n’imyaka. Nta mibare izwi y’abantu batuye mu manegeka by’umwihariko mu mirenge igize agace k’imisozi miremire yo muri aka karere.

Umuyobozi w’ako wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Uwera Parfaite avuga ko uko ubushobozi buboneka ari ko hubakwa imidugudu ifasha abatuye aka karere badashyira ubuzima bwabo mu kaga nubwo ngo abishobooye bakwiye kuhava badategereje ubufasha bwa leta.

Umudugudu w’icyitegererezo wa Mulindi mu murenge wa Kaniga biteganijwe ko uzaba wuzuye mu kwezi kwa 7 uyu mwaka, ukazuzura utwaye miliyari 3 na miliyoni 130, aho buri nzu ifite agaciro ka miliyoni 52 z’amafranga y’u Rwanda.

Jean Claude Mutuyeyezu



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira