AGEZWEHO

  • Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye – Soma inkuru...
  • Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami – Soma inkuru...

Hamuritswe igitabo cy'irangamimerere cyandikwamo umwana wavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko

Yanditswe Aug, 10 2022 16:43 PM | 121,003 Views



Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi Nyafurika w'Irangamimerere wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Nyagatare, hamuritswe igitabo gishya cy'Irangamimerere cyandikwamo umwana wavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko.

Ababyeyi bandikishije abana muri iki gitabo bishimiye ko ubu umwana uvuka ku babyeyi batasezaranye mu mategeko, agiye kugira uburenganzira ku mitungo y’ababyeyi n'uburenganzira mu guhabwa serivisi bigizwemo uruhare n'ababyeyi bombi.

Imimerere igize irangamimerere irimo ivuka, ubwenegihugu, ishyingirwa, kwitaba Imana , ugutandukana kw’abashyingiranywe, uguta agaciro kw’ishyingirwa, ukubera umubyeyi umwana utabyaye, uguhindura amazina, ukwemera umwana no kwishingira umwana ubu hakaba hanongewemo ikindi gitabo cyandikwamo abana bavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko. 

Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yasabye imikoranire hagati y’abaturage n’abayobozi bashinzwe iby'irangamimerere mu nzego z'ibanze, yibutsa ko igihe hakoreshejwe ikoranabuhanga, irangamimerere rizafasha abaturage kubona serivisi mu buryo bwihuse kandi bw’igihe kirekire. Aha inzego z'ibanze zikaba zisabwa gusobanurira abaturage uburyo bushya bw'ikoranabuhanga ryo kwandikisha mu irangamimerere nyuma yo gukuraho uburyo bwo kwandika mu bitabo.

Uru ruhererekane rw'izi serivisi ku muturage rwishimiwe cyane na bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare, by’umwihariko abandikishije abana muri iki gitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuga ko bigiye gukemura ibibazo by'amakimbirane mu miryango.

Uyu munsi Nyafurika w'irangamimerere wizihijwe ku nshuro ya gatanu, aho Akarere ka Nyagatare wizihirijwemo kugeza ubu kamaze kwandikisha abana bavutse umwaka ushize barenga ibihumbi 14.

Kugeza ubu kwandikisha impinja zavutse bikorwa ku kigero cya 84.2%, kwandukuza mu irangamimerere abapfuye bikorwa ku kigero gito cyane kuko mu mwaka ushize wa 2021 handukuwe gusa abagera kuri 26.2%. 

 Maurice Ndayambaje



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo w

Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami

Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imb

Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge

Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’ama

Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana

Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n

Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubir