Yanditswe Aug, 10 2022 16:43 PM | 121,003 Views
Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi Nyafurika w'Irangamimerere wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Nyagatare, hamuritswe igitabo gishya cy'Irangamimerere cyandikwamo umwana wavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko.
Ababyeyi bandikishije
abana muri iki gitabo bishimiye ko ubu umwana uvuka ku babyeyi batasezaranye mu
mategeko, agiye kugira uburenganzira ku
mitungo y’ababyeyi n'uburenganzira mu guhabwa serivisi bigizwemo uruhare
n'ababyeyi bombi.
Imimerere igize irangamimerere irimo ivuka, ubwenegihugu, ishyingirwa, kwitaba Imana , ugutandukana kw’abashyingiranywe, uguta agaciro kw’ishyingirwa, ukubera umubyeyi umwana utabyaye, uguhindura amazina, ukwemera umwana no kwishingira umwana ubu hakaba hanongewemo ikindi gitabo cyandikwamo abana bavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko.
Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yasabye imikoranire hagati y’abaturage n’abayobozi bashinzwe iby'irangamimerere mu nzego z'ibanze, yibutsa ko igihe hakoreshejwe ikoranabuhanga, irangamimerere rizafasha abaturage kubona serivisi mu buryo bwihuse kandi bw’igihe kirekire. Aha inzego z'ibanze zikaba zisabwa gusobanurira abaturage uburyo bushya bw'ikoranabuhanga ryo kwandikisha mu irangamimerere nyuma yo gukuraho uburyo bwo kwandika mu bitabo.
Uru ruhererekane rw'izi serivisi ku muturage rwishimiwe cyane na bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare, by’umwihariko abandikishije abana muri iki gitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuga ko bigiye gukemura ibibazo by'amakimbirane mu miryango.
Uyu
munsi Nyafurika w'irangamimerere wizihijwe ku nshuro ya gatanu, aho Akarere ka Nyagatare wizihirijwemo kugeza ubu
kamaze kwandikisha abana bavutse umwaka
ushize barenga ibihumbi 14.
Kugeza
ubu kwandikisha impinja zavutse bikorwa ku kigero cya 84.2%, kwandukuza mu
irangamimerere abapfuye bikorwa ku kigero gito cyane kuko mu mwaka ushize wa
2021 handukuwe gusa abagera kuri 26.2%.
Maurice Ndayambaje
Nyamasheke: Abantu 2 bapfuye abandi 8 barakomereka mu mpanuka y’umukingo wabagwiriye
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Abanyeshuri barenga ibihumbi 30 basabye guhindurirwa ibigo cyangwa amashami
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Qatar: Dr Ngirente yitabiriye imurika mpuzamahanga ry'ubuhinzi bw’imbuto
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyagatare: RAB yakuyeho akato kari kashyizweho kubera indwara y'uburenge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Kigali: Hari imihanda irimo kubakwa yadindiye ubu irimo guteza imivu y’amazi mu baturage
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Akarere ka Musanze kongeye kunengwa ku kibazo cy'igwingira cyugarije abana
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Nyamagabe: Ubuyobozi buhangayikishijwe n’ibikorwa bisubiza inyuma ubumwe n’ubwiyunge
Oct 02, 2023
Soma inkuru
Uburezi: Abakoze ibizamini byo kuba abarimu batagize amanota 70% basabwe gusubiramo
Oct 01, 2023
Soma inkuru