Yanditswe Aug, 10 2022 16:43 PM | 121,743 Views
Ubwo u Rwanda rwizihizaga umunsi Nyafurika w'Irangamimerere wizihirijwe ku rwego rw’igihugu mu karere ka Nyagatare, hamuritswe igitabo gishya cy'Irangamimerere cyandikwamo umwana wavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko.
Ababyeyi bandikishije
abana muri iki gitabo bishimiye ko ubu umwana uvuka ku babyeyi batasezaranye mu
mategeko, agiye kugira uburenganzira ku
mitungo y’ababyeyi n'uburenganzira mu guhabwa serivisi bigizwemo uruhare
n'ababyeyi bombi.
Imimerere igize irangamimerere irimo ivuka, ubwenegihugu, ishyingirwa, kwitaba Imana , ugutandukana kw’abashyingiranywe, uguta agaciro kw’ishyingirwa, ukubera umubyeyi umwana utabyaye, uguhindura amazina, ukwemera umwana no kwishingira umwana ubu hakaba hanongewemo ikindi gitabo cyandikwamo abana bavutse ku babyeyi batasezaranye mu mategeko.
Minisitiri w’ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula yasabye imikoranire hagati y’abaturage n’abayobozi bashinzwe iby'irangamimerere mu nzego z'ibanze, yibutsa ko igihe hakoreshejwe ikoranabuhanga, irangamimerere rizafasha abaturage kubona serivisi mu buryo bwihuse kandi bw’igihe kirekire. Aha inzego z'ibanze zikaba zisabwa gusobanurira abaturage uburyo bushya bw'ikoranabuhanga ryo kwandikisha mu irangamimerere nyuma yo gukuraho uburyo bwo kwandika mu bitabo.
Uru ruhererekane rw'izi serivisi ku muturage rwishimiwe cyane na bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyagatare, by’umwihariko abandikishije abana muri iki gitabo hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuga ko bigiye gukemura ibibazo by'amakimbirane mu miryango.
Uyu
munsi Nyafurika w'irangamimerere wizihijwe ku nshuro ya gatanu, aho Akarere ka Nyagatare wizihirijwemo kugeza ubu
kamaze kwandikisha abana bavutse umwaka
ushize barenga ibihumbi 14.
Kugeza ubu kwandikisha impinja zavutse bikorwa ku kigero cya 84.2%, kwandukuza mu irangamimerere abapfuye bikorwa ku kigero gito cyane kuko mu mwaka ushize wa 2021 handukuwe gusa abagera kuri 26.2%.
Maurice Ndayambaje
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru