AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Muri Nyagatare hatashywe ibikorwaremezo bifite agaciro karenga miliyoni 80 Frw

Yanditswe Jan, 26 2022 20:33 PM | 34,794 Views



Mu Murenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare, hatashywe isoko rya kijyambere hamwe n’ibyumba by’amashuri byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 83 Frw z'amafaranga y’u Rwanda. 

Abaturage bubakiwe ibi bikorwaremezo barabyishimiye cyane bavuga ko ubu ari uburyo bwo kubazanira iterambere.

Haherewe ku isoko rya kijyambere ryatashywe, ryubatse mu kagari ka Nyamikamba rikaba rifite imyanya yo gucururizamo 37 yakira abacuruzi 37 kandi bubahirije amabwiriza yo kwirinda COVID-19 mu guhana intera.

 Abaturage bo mu tugari twa Nyamikamba, Nyarurema na Nyamirembe  two muri uyu murenge wa Gatunda ni bamwe mu bagomba gukoresha iri soko ryuzuye ritwaye miliyoni 48 Frw.

Muri uyu murenge wa Gatunda kandi hanubatswe ibyumba by'amashuri 4 mu kagari ka Nyarurema byuzuye bityawe  miliyoni 38 Frw.

Ibi bikorwaremezo byose byubatswe n’umuryango Food for The Hungry nk'umufatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyagatare.

Naho ubuyobozi bw'akarere ka Nyagatare buvuga ko buri m ubiganiro n'abandi bafatanyabikorwa bazafasha akarere kugeza ku baturage ibindi bikorwaremezo bigikenewe birimo amazi meza, amasoko n'ibindi. 

Umuyobozi w'Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen asaba abaturage gusigasira ibikorwa by'iterambere baba begerejwe.

Uretse gutaha kumugaragaro ibi bikorwaremezo, hanatangijwe kandi imirimo yo kubaka irindi soko rya kijyambere mu kagari ka Buguma na none mu murenge wa Gatunda, aho biteganijwe ko rizuzura ritwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 72 naryo rikazubakwa n’Umuryango Food for The Hungry.


 Maurice Ndayambaje 



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama