AGEZWEHO

  • Nyiramunukanabi yabaye imari i Bugesera – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yakiriye abayobozi ba AU bari mu mwiherero i Kigali – Soma inkuru...

Musanze: Imvura yangije bikomeye inzu zirenga 300 n’imyaka y’abaturage

Yanditswe Mar, 23 2023 18:50 PM | 31,252 Views



Abaturage bo mu mirenge 5 yo mu Karere ka Musanze bangirijwe n'imvura idasanzwe ivanzemo n’urubura barasaba kugobokwa.

Imvura nyishi ivanze n’urubura yaguye ku mugoroba wo kuri wa Gatatu, yangije imyaka mu mirima iri ku buso bwa hegitari zisaga 16 mu Mirenge ya Musanze, Kinigi, Cyuve, Nyange na Kimonyi.

Ibyo biza kandi byasenye n'inzu z'abaturage zisaga 300 n'ibikoni bigera kuri 80.

Ubuyobozi bw'Akarere ka Musanze bwiriwe mu gikorwa cyo kubarura ibyangiritse kugira ngo abaturage bafashwe kubona ubufasha bw’ibanze.

Muri ibi bihe imvura ikomeje kugwa, abaturage barasabwa kuzirika neza ibisenge by'inzu, gufata amazi ava ku nzu, no guca imirwanyasuri mu mirima.

Robert BYIRINGIRO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Musanze: Abaturage 26 borojwe inka n'Itorero ADEPR - Amafoto

Abasenateri batangiye gusura uturere bareba uko abaturage bakemurirwa ibibazo

Abayobozi batandukanye barimo gusura uruganda rutunganya amazi rwa Nzove

Imyaka isaga 4 irashize isoko mpuzamipaka rya Cyanika ridakorerwamo

Ubuhamya bw’ababaye kwa Gisimba uherutse kwitaba Imana

Abatuye muri Kigali basabye ko hakwihutishwa imirimo yo kwagura uruganda rw&rsqu

Minisiteri y'Ibidukikije irabasaba kureka gukoresha ibikoresho bya pulasiti

Angola yashimye umuhate urimo gushyirwa mu biganiro byo kugarura amahoro muri RD