AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Musanze abasirikare bo mu Buholandi basuye Rwanda Peace Academy

Yanditswe Feb, 20 2020 14:50 PM | 13,963 Views



Abasirikare 25 bahagarariye u Buholandi mu bya gisirikare mu bihugu bitandukanye by’Afurika basuye Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro Rwanda Peace Academy giherereye mu Karere ka Musanze.

Bavuze ko guhitamo u Rwanda byashingiye ku mateka yarwo no gushaka kumenya byinshi kuri rwo.

Ni uruzinduko rwari rugamije kumenya uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa byo kubungabunga amahoro hirya no hino ku isi.

Ruzindana Methode ukuriye ibikorwa by’ubushakashatsi muri iki kigo, umwe mu bagaragarije aba bashyitsi amateka y’iki kigo, avuga ko akamaro k’uruzinduko rw’abashyitsi nkaba bagenderera  u Rwanda kaba ari ako kurubera abavugizi hirya no hino ku isi.

Brigadier General Ian Blacquiere ukuriye iri tsinda ryasuye iri shuri avuga ko guhitamo u  Rwanda byashingiye ku mateka yarwo no gushaka kumenya byinshi kurirwo.

U Buholandi busanzwe butera inkunga Rwanda Peace Academy. General de Brigade Blacquiere yizeza ko izakomeza kandi agashima u Rwanda rwohereza ingabo mu butumwa bw’amahoro bityo akavuga ko ari gahunda igomba kubera urugero n’ibindi bihugu.

Ikigo cy’Igihugu cy’Amahoro cyatangijwe ku mugaragaro mu mwaka wa 2013 gishinzwe guhugura aboherezwa mu butumwa bw’amahoro no gukora ubushakashatsi.

Kuva mu mwaka wa 2010 kugeza ubu, iki kigo kimaze guhugura abasaga  ibihumbi 3100.

U Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika nyuma ya Ethiopia mu kohereza ingabo nyinshi mu butumwa bw’amahoro rukaza kandi ku mwanya wa gatatu ku isi. Ruza kandi nanone ku mwanya wa kabiri nyuma ya Senegal mu koherezayo abapolisi benshi.

UWIMANA Emmanuel



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama