AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Musoni Protais yanenze abadepite bo mu Nteko Ishinga Amategeko y'Ubumwe bwa Afurika barwanye

Yanditswe Jun, 01 2021 19:33 PM | 24,176 Views



Umuyobozi mukuru wa Pan African movement ishami ry’u Rwanda, Musoni Protais, yatangaje ko kuba abantu bakomoka ku mugabane umwe bakirwana  ari ikimenyetso cy’ubukoloni bukibarimo kandi ari isomo rigayitse ku rubyiruko.

Ibi yabitangaje nyuma y'aho imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe iri kubera muri Afurika y’Epfo, ikomeje kurangwa n’imvururu no kutumvikana ku bice biyigize mu nteko rusange yayo .

Kuri uyu wa Mbere habayeho imvururu zikomeye, abadepite basa n’abarwanye bapfa imigendekere y’amatora y’ugomba kuba perezida w’iyi nteko.

Umuyobozi mukuru wa pan african movement ishami ry’u Rwanda, Musoni Protais, yabwiye Radio Rwanda ko kuba abantu bakomoka ku mugabane umwe bakirwana muri ubu buryo, ari ikimenyetso cy’ubukoloni bukibarimo kandi ari isomo rigayitse ku rubyiruko rwa Afurika.

Abadepite baturutse mu gace ka Afurika y’Amajyepfo basaba ko habaho gusimburana kuri uyu mwanya bigendeye ku bice bigize Afurika, abadepite bo mu Burengerazuba bo bakavuga ko amatora agomba kuba nkuko bisanzwe, ugize amajwi menshi akaba ariwe uba perezida.

Kuva iyi nteko yajyaho mu mwaka wa 2004, ntabwo irayoborwa n’umudepite ukomoka muri Afurika y’Amajyepfo.

Hari n’abasesenguzi bagaragaza ko harimo ikibazo cyo guhangana hagati y’Igifaransa n’Icyongereza.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira