AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

NAEB irateganya gutangira igice cya kabiri cy'umushinga wo guteza imbere kawa

Yanditswe Apr, 06 2017 16:00 PM | 4,889 Views



Mu gihe bamwe mu bagize amakoperative ahinga kawa basanga hakwiye amahugurwa ahagije mu micungire y'amakoperative yabo, kandi igiciro cya kawa kikiyongera kuko imirimo yo kwita kuri icyo gihingwa ivunanye. 

Ubuyobozi bw'ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi NAEB buratangaza ko bigiye kwita ku mikorere y'amakoperative y'abahinzi ba kawa kugira ngo barusheho kuzamura umusaruro n'agaciro ku masoko mpuzamahanga.

Ikigo cy'igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry'ibikomoka ku buhinzi NAEB ku nkunga y'ikigega mpuzamahanga gishinzwe iterambere ry'ubuhinzi IFAD hamwe n'abahinzi ba kawa barimo gusuzumira ibyagezweho mu cyiciro cya mbere cy'umushinga ugamije gufasha inganda za kawa ngo zirusheho gukora neza no kongera umusaruro(Turn Around Programme for Coffee), maze hatangizwe icyiciro cya 2, kizibanda ku guteza imbere inganda za kawa,

Mu Mwaka ushinze u Rwanda rwohereje hanze ikawa ingana na toni 20.000, ariko NAEB yihaye intego y'uko muri uyu mwaka umusaruro woherezwa hanze uziyongera ukagera ku 22.000. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize