AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

NTARAMA HASHYINGUWE IMIBIRI Y'ABANTU 165 BABONETSE MU BYOBO

Yanditswe Apr, 15 2019 20:57 PM | 4,027 Views



Ku rwibutso rwa jenoside rwa Nyamata hatangiwe ubuhamya bugaragaza inzira y'umusaraba abatutsi banyuzemo, ubwo bagabwaho ibitero n'abicanyi buri munsi kugeza ubwo barokowe n'ingabo zari iza FPR-Inkoranyi.

Gusa nyuma y'umwijima abahigwaga banyuzemo haje umucyo abarokotse jenoside bakaba bakomeje kwiyubaka.


Perezida w'inteko ishinga amategeko, umutwe w'abadepite Hon Donatille Mukabalisa yahumurije abitabiriye uyu muhango ko jenoside itazasubira ukundi, asaba urubyiruko gusigasira ibyagezweho kugira nk’umutungo wabo bwite

Yagize ati "Twese twemera ko kongera kugarura amacakubiri mu bana b’u Rwanda bitakorohera ababbigerageza, kuko ukuri kwabo kugenda kurushaho kumenyakana. Abateguye jenoside bakayishyira mu bikorwa ikinyoma cyabo cyaratahuwe."


Abitabiriye uyu muhango bashyize indabo ku mva banunamira imibiri y’abasize jenoside basaga 10.000 bashyinguye mu rwibutsio rwa jenoside rwa Nyamata, nyuma berekeza ku rwibutso rwa jenoside rwa Ntarama ahashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’abazize jenoside 165 babonetse ku mu byobo by’ibitaro by’akarere ka Bugesera n’iyabonetse mu murenge wa Ntarama.


Inkuru ya John BICAMUMPAKA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira