AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ndayisaba utuye i Muhanga yagaragaje ubuhanga afite mu gukora robots

Yanditswe Jul, 09 2021 11:03 AM | 37,201 Views



Mu karere ka Muhanga mu Ntara y’Amajyepfo, hari umusore wiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye ufite intego yo gukora irobo (robots) zakwifashishwa mu gutera imiti, gukoreshwa mu nganda, gufata amashusho n’ibindi.  

Uyu musore yerekanye ubushobozi bwo gukora robot yatanga ubutumwa bwo kurwanya covid 19, cyane cyane ahahurira abantu benshi.

Nubwo ari mu gihe cy’ibiruhuko ku biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye, Victor Emmanuel Ndayisaba RBA yamusanze iwabo mu rugo arimo gushushanya.

Ibyo ashushanya bifite ishusho ya robot, ariko hari n’izindi yamaze kurangiza gutungunya akoresheje ibikoresho bisanzwe ndetse bigaragara ko zishobora gukora.

Victor (izina yifuza kuzaha company azashinga), asobanura ko kuva mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza,  yatangiye kumva akunze ikoranabuhanga bityo ngo kuba hari ibijyanye naryo yamenye hakiri kare ngo byaba ari impano y’Imana gusa.

Mu gihe icyorezo cya Covid 19 cyageraga mu Rwanda mu mwaka ushize, Victor yakoze robot yakwifashishwa mu gutanga ubutumwa bwo kurwanya iki cyorezo ahahurira abantu benshi, nubwo ngo atabonye ubushobozi bwo gukora robot ziri ku rwego rwo hejuru zakoreshwa.

Uyu musore asobanura ko iri koranabuhanga arikora mu biruhuko kugirango bidahungabanya imyigire ye, dore ko yiga mu mwaka wa 3 w’amashuri yisumbuye.

Mubyo yifuza kwiga harimo amasomo y’imibare n’ubugenge kugirango azakomeze kunononsora ibyo afite mu nzozi ze, nko gukora robot zafasha mu buzima rusange bw’igihugu.

Ababyeyi be bagaragaza ubushake mu gukomeza kumufasha kugera ku nzozi ze, ariko ngo n’amasomo asanzwe agomba kuyakomeza.

Usibye impano yo gushushanya no gukora robot, Victor asobanura ko anafite igitekerezo cyo kwandika za filime, kuzikina ndetse no kuzitegura hifashishijwe ikoranabuhanga rihanitse rikoresha za robot.


Jean Claude Mutuyeyezu




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama