AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ni iki cyatindije uruganda rutunganya amashanyarazi aturuka mu Kivu?

Yanditswe Sep, 21 2022 11:57 AM | 168,896 Views



Ubuyobozi bwa Shema Power Lake Kivu iri kubaka uruganda ruzatanga amashyanyarazi ruyakuye muri Gaz Methane iri mu Kiyaga Cya Kivu buvuga ko igihe bwateganyirije kurangiza imirimo cyarenze  bitewe n’ibibazo tekinike byagaragaye mu igerageza ryo gucukura gaz, hakiyongeraho n’icyorezo cya Covid19.

Bwizeza abaturage bafuza ko uruganda rurangira vuba rukabaha  amashyanyarazi ahagije.

Mu Kagari ka Ndoranyi mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu nta mashyanyarazi ahabarizwa, abagatuye bavuga ko kutagira amashanyarazi byabasigaje inyuma mu iterambere.

Ni mu gihe mu Kagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo amashanyarazi hari aho ataragera, hari gushyirwa amapoto, vuba aha abaturage barayahabwa, gusa n'abayahawe mbere bavuga ko nta mbaraga afite

Aba baturage bifuza ko uruganda ruri kubakwa mu Murenge wa Nyamyumba ruzatanga amashyanyarazi ruyakuye muri Gaz Methane rurangira byihuse rukabakemurira ibibazo bizitira iterambere ryabo.

Umuyobozi wa Company Shema Power Lake Kivu yubaka uru ruganda Eng Alex Kabuto avuga ko icyorezo cya Covid19, ndetse n’ibibazo tekiniki bahuye na byo mu igerageza ari byo byatumye imirimo itihuta imirimo ntirangire muri 2021 nkuko byari byarateganyijwe.

Akomeza avuga ko imirimo yo gukosora ibyo bibazo tekiniki yarangiye, kubaka bigeze kuri 70%, yaba ahazatunganyirizwa gaz ndetse n’aho izatangira ingufu z’amashyanyarazi zikoherezwwa mu muyoboro mugari w’igihugu. Yizeza abaturage ko mu mwaka utaha bazaba batanga amashyanyarazi.

Uru ruganda nirutangira gutanga amashyanyarazi rwitezeho kongera ingano y'akenewe mu gihugu agakemura ibura ryayo bikazafasha kwesa umuhigo w'uko muri 2024 u Rwanda ruzaba rucaniwe 100%.

Fredy RUTERANA



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama