AGEZWEHO

  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...
  • Gatsibo: Bijejwe guhabwa umuhanda wa Kaburimbo amaso ahera mu kirere – Soma inkuru...

Niyomugabo w’imyaka 25 yihangiye umurimo wo gucura amasafuriya mu byuma bishaje

Yanditswe Aug, 03 2022 16:55 PM | 79,456 Views



Niyomugabo Jean de Dieu, umusore w’imyaka 25 yihangiye umurimo wo gucura amasafuriya mu byuma bishaje, uyu mushinga watsinze mu irushanwa rya Youth Connect, igihembo yabonye cyamubereye umugisha ku buryo uyu munsi yabonye ubushobozi ashora miliyoni 5 Frw mu kuranguza ibinyobwa bitandukanye.

Avuga ko kandi hari miliyoni 8 Frw yatanze ku  ruganda nk’ingwate kugira ngo  yemererwe gukora ako kazi ko kuranguza.

Yagize ati "eta hari uburyo yanshigikiye, ndibuka mu mwaka wa 2019, nagize amahirwe nza muri ba innovators 50 babaye aba mbere ku rwego rw’igihugu, nabaye umwe muri abo nsohokeye Akarere ka Rubavu."

Niyomugabo mu myaka 6 amaze yikorera, afite aho atuye n’aho akorera, ibyo ashimira uruhare rwa leta mu iterambere rye n’urubyiruko muri rusange kuko idahwema gufasha urwihangiye umurimo ishyiraho uburyo butandukanye burushyigikira.

Ati "Ubu mwageze aho ndimo gukorera ndi mu bikorwa byo kuhubaka neza, kuko ndimo guteganya kugura n’imashini zirenze iyo nari mfite. Muri make ndashimira leta kuko ni umubyeyi kuba ivuga iti urubyiruko nihe rwagaragariza impano rufite kugira ngo rwigishe bagenzi barwo, ariya marushanwa nayo ni ikintu cyiza twashimira Leta."

Umurimo wo gukora amasafuriya Niyomugabo yahanze ndetse n’ubucuruzi bwawukomotseho byatanze akazi gahoraho ku bantu 7 bahembwa buri kwezi ibihumbi 390 by’amafaranga y’u Rwanda .

Ruth RWAGASORE



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama