AGEZWEHO

  • Kenya yatangiye icyunamo cy'Umugaba Mukuru w'Ingabo wapfiriye mu mpanuka – Soma inkuru...
  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...

Ntabwo mwantoreye kuyobora Sena ndi mu gitanda - Dr Iyamuremye

Yanditswe Dec, 09 2022 12:36 PM | 194,223 Views



Kuri uyu wa Gatanu, Inteko Rusange ya Sena yemeje ubwegure bwa Dr Iyamuremye Augustin wari Perezida wayo wari umaze imyaka itatu ayiyobora.

Mbere yo gusuzuma no kwemeza ubwegure bwe, Dr Iyamuremye Augustin yabwiye abagize inteko rusange ko atari agishoboye gukomeza inshingano zo kubayobora kubera impamvu z'uburwayi, ashima ubufatanye bwa buri wese wamubaye hafi mu kazi ahereye ku ba senateri bagenzi be.

Yagize ati "Icyo mwantoreye ni ukugira ngo nteze imbere Sena, ntabwo mwantoreye ngo njye nyiyobora ndi mu gitanda."

Bamwe mu bagize Sena bababajwe n'uburwayi bwe ariko bishimira umusaruro mwiza Sena yagezeho ku bufatanye na Dr Iyamuremye Augustin.

Itegeko genga rigenga imikorere ya Sena riteganya ko iyo Perezida wa Sena avuye mu mwanya we asimburwa by'agateganyo na visi perezida ushinzwe  amategeko no kugenzura ibikorwa bya guverinoma mbere y'uko abagize inteko rusange ya sena bitoramo  umusimbura, byose bigakorwa mu gihe kitarenze iminsi 30.

Dr Iyamuremye Augustin yatorewe kuyobora Sena ku  tariki 17 Ukwakira 2019, akaba yarinjiye mu nteko nk'umwe mu bakandida bashyirwaho na Perezida wa Repubulika.

Jean Paul MANIRAHO



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira